RWANDA

Dushobora kunguka byinshi dukoraniye hamwe-Perezida Kagame afungura inama mpuzamahanga ku itumanaho rigendanwa

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro inama ya Mobile World Congress yatangiye kubera i Kigali kuri uyu wa kabiri tariki 17 Ukwakira 2023.

Advertisements

Perezida Kagame afungura iyo nama mu ijambo rye yagejeje kubitabiriye yagaragaje ko amahirwe yose ashobora kwifashisha ku bakoresha telefone ngendanwa zifashisha ikoranabuhanga, akwiye kubyazwa umusaruro kugira ngo Isi muri rusange ikomeze itere imbere mugihe bakoraniye hamwe.

Ibi Perezida Kagame yabigarutse ubwo yatangizaga inama mpuzamahanga ku itumanaho rigendandwa (Mobile World Congress) muri Kigali Convention Centre.

Yagize ati “Iyi nama mpuzamahanga igendanye no kwihutisha iterambere mu ikoranabunga iratwibutsa ko gukoresha telefone ngendanwa ifite ikoranabuhanga ko bikwiriye kubyazwa umusaruro kugira Isi ikomeze itere imbere mu buryo bwihuse ariko cyane cyane umugabane w’Afurika.”

Perezida Kagame yongeye kwibutsa ko icyorezo cya COVID-19 cyatumye akamaro k’ikoranabuhanga rikoreshwa na telefone ngendanwa karushaho kugaragara ndetse agaragaza y’uko Afurika ikiri inyuma muri urwo rugendo, bityo amahirwe yose akwiriye kubyazwa umusaruro

Ati ”Icyorezo cyiyongereyeho mu kwihutisha inzibacyuho mu gihe cy’ikoranabuhanga kuko ryayoboye iterambere. Urubyiruko n’abanyempano ba rwiyemezamirimo kandi ni bo bakataje dukwiriye gukomeza kubatera inkunga.”

Aha Perezida Kagame yavuze kandi ko n’ubwo umugabane w’Afurika ukomeje kwihutisha ikoreshwa telefone ngendanwa ry’ikoranabuhanga ariko hakiri icyuho kuko hari aho usanga iyo interineti gusa ntabyazwe umusaruro, akaboneraho kubasaba kugukorera hamwe kuko bagera kuri byinshi.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko za guverinoma ziteguye gufasha no gutera inkunga ibigo by’itumanaho kuko birimo bigira uruhare ku kugabanya igiciro cya telefone ngendanwa zikoresha murandasi ariko aha yerekanye ko telefone n’ubwo zimaze kuba nyinshi gusa izikoresha murandasi kubera igiciro kikiri hejuru zikiri nke.

Perezida Kagame yashimiye sosiete y’itumanaho Airtel Rwanda n’iya MTN Rwanda bikomeje kwegereza Abanyarwanda ihuzanzira rya internet inyaruka ya 4G ihendutse, bikajyana no kubagezaho telefoni za make ziyikoresha. 

Iyi nama ibare mu gihe mu Rwanda abakoresha telefone ngendanwa bagera kuri 80% nyamara abakoresha telefone izokoresha interineti baracyari bake cyane bakaba bagera kuri 30%.

Iyi nama mpuzamahanga ku itumanaho rigendanwa (Mobile World Congress) itegurwa  n’Ikigo mpuzamahanga gihuza ibigo bitanga serivisi z’itumanaho(GSMA) ihuje abarenga ibihumbi 3000 baturutse hirya no hino ku Isi ahateraniye abayobozi batandukanye barimo n’abahagarariye ibigo byabo bikoresha itumanaho, aho izamara iminsi itatu ibera muri Kigali Convention Centre.

Muri iyi nama kandi haraberamo imurikabikorwa ry’itumanaho, ahamurikirwamo ibikorwa bitandukanye n’udushya mu ikoranabuhanga.

Mu bindi bizigirwamo harimo ingingo z’ingenzi nko guca icyuho cya sisitemu nshya, gukoresha ikoranabuhanga rigendanye n’iterambere mu bukungu, no guhuza inganda n’intego z’iterambere rirambye z’umuryango w’Abibumbye.

Perezida Kagame yasuye abarimo kumurika ibikorwa byabo by’itumanaho bitabiriye inama ya Mobile World Congress
Inama yitabiriwe n’abantu batandukanye baturutse hirya no hino ku Isi

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago