IMIKINO

Lionel Messi ashobora kutongera kugaragara mu ikipe ya Inter Miami

Umutoza w’ikipe ya Inter Miami Tata Martino yahishuye ko Lionel Messi atifuza kongera gukina undi mukino muri shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Amerika (Major League Soccer) (MLS).

Ibi ngo biraterwa n’uko ikipe ya Inter Miami yabuze amahirwe yo kuba yazakina imikino ya playoffs.

Miami ntacyo ikiramira muri uyu mwaka w’imikino w’2023 nyuma yo kunanirwa kujya mu majonjora ya nyuma ya shampiyona, igatsindwa iwayo na Cincinnati igitego 1-0 mu ntangiriro z’uku kwezi bituma urugendo rugana muri iyo mikino rurangira.

Messi yashoboye gukina iminota 35 gusa avuye ku ntebe y’abasimbura kuko itangira rya shampiyona kuri we ya MLS yarangiye atengushywe.

Uyu mukinnyi ukomeye wo muri Argentine yari yarasibye imikino ine yabanjirije nyuma yo gukemura ikibazo yarafite cy’imvune cy’imitsi mu kwezi gushize ubwo yatsindaga Toronto ibitego 4-0, harimo gutsindwa ku mukino wa nyuma wa America Open Cup na Houston Dynamo.

Mu gihe hasigaye imikino ibiri muri shampiyona, umutoza wa Miami Martino yasabye ko kapiteni we atayigiramo uruhare kugirango yirinde ingaruka yavuka.

Messi ntazabasha gukina umukino wo kuwa gatatu, ikipe ye izaba ihuramo na Charlotte kuri sitade PNK, nyuma y’uko kuwa kabiri washize yafashije ikipe ye y’igihugu ya Argentine gutsinda ibitego 2-0 ikipe ya Peru.

Umukino wa nyuma wa Miami wa shampiyona izawukina n’ikipe bari mu mwanya umwe mu Majyaruguru ya Carolina kuwa gatandatu.

Martino yagize ati “Ntabwo tuzasuzuma Leo gusa, ahubwo tuzasuzumira hamwe abakinnyi bose bari kumwe n’amakipe y’ibihugu byabo nibagaruka ku wa kane, kuko tuvuye mu majonjora, kandi ntidushaka guhura n’ingaruka.”

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

7 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

7 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

7 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

8 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago