IMIKINO

Lionel Messi ashobora kutongera kugaragara mu ikipe ya Inter Miami

Umutoza w’ikipe ya Inter Miami Tata Martino yahishuye ko Lionel Messi atifuza kongera gukina undi mukino muri shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Amerika (Major League Soccer) (MLS).

Advertisements

Ibi ngo biraterwa n’uko ikipe ya Inter Miami yabuze amahirwe yo kuba yazakina imikino ya playoffs.

Miami ntacyo ikiramira muri uyu mwaka w’imikino w’2023 nyuma yo kunanirwa kujya mu majonjora ya nyuma ya shampiyona, igatsindwa iwayo na Cincinnati igitego 1-0 mu ntangiriro z’uku kwezi bituma urugendo rugana muri iyo mikino rurangira.

Messi yashoboye gukina iminota 35 gusa avuye ku ntebe y’abasimbura kuko itangira rya shampiyona kuri we ya MLS yarangiye atengushywe.

Uyu mukinnyi ukomeye wo muri Argentine yari yarasibye imikino ine yabanjirije nyuma yo gukemura ikibazo yarafite cy’imvune cy’imitsi mu kwezi gushize ubwo yatsindaga Toronto ibitego 4-0, harimo gutsindwa ku mukino wa nyuma wa America Open Cup na Houston Dynamo.

Mu gihe hasigaye imikino ibiri muri shampiyona, umutoza wa Miami Martino yasabye ko kapiteni we atayigiramo uruhare kugirango yirinde ingaruka yavuka.

Messi ntazabasha gukina umukino wo kuwa gatatu, ikipe ye izaba ihuramo na Charlotte kuri sitade PNK, nyuma y’uko kuwa kabiri washize yafashije ikipe ye y’igihugu ya Argentine gutsinda ibitego 2-0 ikipe ya Peru.

Umukino wa nyuma wa Miami wa shampiyona izawukina n’ikipe bari mu mwanya umwe mu Majyaruguru ya Carolina kuwa gatandatu.

Martino yagize ati “Ntabwo tuzasuzuma Leo gusa, ahubwo tuzasuzumira hamwe abakinnyi bose bari kumwe n’amakipe y’ibihugu byabo nibagaruka ku wa kane, kuko tuvuye mu majonjora, kandi ntidushaka guhura n’ingaruka.”

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago