Ingabo z’u Rwanda ziri i Bangui muri Repubulika ya Centrafrica mu butumwa bwo kugarura amahoro muri icyo gihugu, zakiririye ubutumwa bw’ishimwe ku kazi zakoze zohererejwe na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame.
Ni Ubutumwa zagejejweho na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Biruta, bushingiye ku masezerano y’ibihugu byombi n’umuryango w’Abibumbye
Minisiteri y’ingabo, yatangaje ko Minisitiri Dr Biruta ubwo yatangaga ubwo butumwa yari kumwe n’umunyamabanga Mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza ryo hanze, Maj Gen Joseph Nzabamwita
Iyi Minisiteri yagize iti” intego y’uru ruzinduko yari ukugenzura ukwitegura mu bikorwa kw’ingabo z’u Rwanda no kuzigezaho ubutumwa bw’ishimwe ku kazi zakoze bwa Nyakubahwa Perezida Paul Kagame umugaba w’ikirenga wa RDF.”
Ikindi gikorwa cyaranze uru ruzinduko ni icyo gusura umugaba Mukuru wungirije w’ingabo za Centrafrica ushinzwe igenamigambi. Brig. Gen .Arcadius Betibangui, aho baganiriye ku bufatanye mu myitozo iri hagati y’Ingabo z’ibihugu byombi.
Repubulika ya Centrafrica n’u Rwanda bisanzwe bifitanye ubufanye mu bikorwa by’umutekano.
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…
Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…