MU MAHANGA

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije ubutumwa ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrica bw’Umugaba w’ikirenga wa RDF

Ingabo z’u Rwanda ziri i Bangui muri Repubulika ya Centrafrica mu butumwa bwo kugarura amahoro muri icyo gihugu, zakiririye ubutumwa bw’ishimwe ku kazi zakoze zohererejwe na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame.

Advertisements

Ni Ubutumwa zagejejweho na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Biruta, bushingiye ku masezerano y’ibihugu byombi n’umuryango w’Abibumbye

Minisiteri y’ingabo, yatangaje ko Minisitiri Dr Biruta ubwo yatangaga ubwo butumwa yari kumwe n’umunyamabanga Mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza ryo hanze, Maj Gen Joseph Nzabamwita

Iyi Minisiteri yagize iti” intego y’uru ruzinduko yari ukugenzura ukwitegura mu bikorwa kw’ingabo z’u Rwanda no kuzigezaho ubutumwa bw’ishimwe ku kazi zakoze bwa Nyakubahwa Perezida Paul Kagame umugaba w’ikirenga wa RDF.”

Ikindi gikorwa cyaranze uru ruzinduko ni icyo gusura umugaba Mukuru wungirije w’ingabo za Centrafrica ushinzwe igenamigambi. Brig. Gen .Arcadius Betibangui, aho baganiriye ku bufatanye mu myitozo iri hagati y’Ingabo z’ibihugu byombi.

Repubulika ya Centrafrica n’u Rwanda bisanzwe bifitanye ubufanye mu bikorwa by’umutekano.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago