INKURU ZIDASANZWE

Babiri bakomoka muri Tanzania bafashwe na ‘Hamas’

Leta ya Israel yemeje imyirondoro y’Abanya-Tanzania babiri byemezwa ko bashimuswe n’umutwe w’intagondwa wa Hamas kuva ku itariki ya 7 Ukwakira (10) uyu mwaka, hafi y’umupaka wa Gaza.

Advertisements

Mu itangazo ku cyumweru ku rubuga X, minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Israel yavuze ko Joshua Loitu Mollel na Clemence Felix Mtenga bari bari muri Israel muri gahunda y’imenyereza-mwuga (stage) mu buhinzi.

Muri iryo tangazo, iyo minisiteri yongeyeho iti: “Bashimuswe n’abaterabwoba ba Hamas ndetse bafungiye muri Gaza. Turabasabye mwifatanye natwe mu gusengera ko bagarurwa batekanye kandi aka kanya.”

Kuri ubwo butumwa, minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Israel yashyizeho ifoto yabo uko ari babiri.

Se wa Joshua yabwiye BBC ko ambasaderi wa Israel muri Tanzania yamuhamagaye akamwizeza ko ubutegetsi bwa Israel burimo gukurikirana iki kibazo. Mbere, se wa Joshua yari yabwiye BBC ukuntu akomeje gushakisha ahangayitse uwo muhungu we.

Umuryango wa Clemence nta cyo wari watangaza ku mwana wabo wabuze.

Ambasade ya Tanzania muri Israel nta cyo yahise itangaza kuri ibyo byatangajwe na minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Israel.

Ambasade ya Tanzania muri Israel ivuga ko hari Abanya-Tanzania barenga 350 baba muri Israel. Muri bo, abagera kuri 260 ni abanyeshuri.

Leta ya Israel ivuga ko Umunyafurika y’Epfo utaramenyekana umwirondoro na we ari umwe mu bantu 224 bafunzwe na Hamas.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

5 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

5 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

6 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

6 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

6 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

6 months ago