Perezida Kagame yagiranye ikiganiro kuri telefoni n’Umunyamabanga wa Leta muri Leta zunze Ubumwe za Amerika Anthony Blinken, cyagarutse ku mutekano muke uri mu burasirazuba bw’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Muri ibi biganiro kandi bagarutse ku buryo bwo guhosha intambara imaze igihe ibera muri icyo gihugu, ibibazo bigakemurwa binyuze mu nzira za politiki.
Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rushyigikiye amasezerano yo ku rwego rw’akarere agamije kugarura amahoro n’umutuzo muri DRC no mu karere.
Mu Burasirazuba bw’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hamaze igihe kirekire intambara iharangwa ihuza imitwe yitwaje intwaro.
Ku ruhande rw’u Rwanda rushinja DRC gucumbikira umutwe wa FDLR wasize ukoze Jenoside mu Rwanda.
Ni mugihe kandi DRC ishinja igihugu cy’u Rwanda gufasha umutwe wa M23 umaze kwigarurira ibice bitandukanye muri icyo gihugu, ibintu u Rwanda ruhakana.
Aha muri Congo hamaze kugwa abantu benshi bazize intambara abandi bava mu byabo.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…