POLITIKE

Perezida Kagame yaganiriye n’Umunyamabanga wa Amerika Blinken ku kibazo cya DRC

Perezida Kagame yagiranye ikiganiro kuri telefoni n’Umunyamabanga wa Leta muri Leta zunze Ubumwe za Amerika Anthony Blinken, cyagarutse ku mutekano muke uri mu burasirazuba bw’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri ibi biganiro kandi bagarutse ku buryo bwo guhosha intambara imaze igihe ibera muri icyo gihugu, ibibazo bigakemurwa binyuze mu nzira za politiki.

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rushyigikiye amasezerano yo ku rwego rw’akarere agamije kugarura amahoro n’umutuzo muri DRC no mu karere.

Mu Burasirazuba bw’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hamaze igihe kirekire intambara iharangwa ihuza imitwe yitwaje intwaro.

Ku ruhande rw’u Rwanda rushinja DRC gucumbikira umutwe wa FDLR wasize ukoze Jenoside mu Rwanda.

Ni mugihe kandi DRC ishinja igihugu cy’u Rwanda gufasha umutwe wa M23 umaze kwigarurira ibice bitandukanye muri icyo gihugu, ibintu u Rwanda ruhakana.

Aha muri Congo hamaze kugwa abantu benshi bazize intambara abandi bava mu byabo.

Christian

Recent Posts

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

9 minutes ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

29 minutes ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

50 minutes ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

3 days ago