Perezida Kagame yagiranye ikiganiro kuri telefoni n’Umunyamabanga wa Leta muri Leta zunze Ubumwe za Amerika Anthony Blinken, cyagarutse ku mutekano muke uri mu burasirazuba bw’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Muri ibi biganiro kandi bagarutse ku buryo bwo guhosha intambara imaze igihe ibera muri icyo gihugu, ibibazo bigakemurwa binyuze mu nzira za politiki.
Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rushyigikiye amasezerano yo ku rwego rw’akarere agamije kugarura amahoro n’umutuzo muri DRC no mu karere.
Mu Burasirazuba bw’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hamaze igihe kirekire intambara iharangwa ihuza imitwe yitwaje intwaro.
Ku ruhande rw’u Rwanda rushinja DRC gucumbikira umutwe wa FDLR wasize ukoze Jenoside mu Rwanda.
Ni mugihe kandi DRC ishinja igihugu cy’u Rwanda gufasha umutwe wa M23 umaze kwigarurira ibice bitandukanye muri icyo gihugu, ibintu u Rwanda ruhakana.
Aha muri Congo hamaze kugwa abantu benshi bazize intambara abandi bava mu byabo.
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…
Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…