Perezida w’u Rwanda Nyakubahabwa Paul Kagame yahuye n’abayobozi batandukanye barimo David Beasley wahoze ari Guverineri wa South Carolina n’Umuyobozi mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (PAM).
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 31 Mutarama 2024, nibwo Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bageze muri Amerika, aho bitabiriye Rwanda Day igiye kubera i Washington DC.
Rwanda Day ni umunsi uhuza abayobozi batandukanye, abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baba batuye mu mahanga kuri iyi nshuro ikaba iteganyijwe kubera i Washington DC muri Amerika kuwa wa 2-3 Gashyantare 2024.
Mu itangazo ryatambukijwe ku mbuga nkoranyambaga z’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu Village Urugwiro, bavuze ko Perezida Kagame yahuye na David Beasley wahoze ari Guverineri wa South Carolina n’Umuyobozi mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (PAM) ndetse na Depite mu Nteko ya Amerika John James mbere yo kwitabira amasengesho yo gusabira Amerika (National Prayer Breakfast) ateganyijwe kuri uyu wa Kane.
Umukuru w’Igihugu yanakiriye itsinda ry’abadepite b’abirabura bahuriye muri Black Caucus, iyobowe na Depite Steven Horsford, aho abo bayobozi bose ibiganiro byabo byabahuje byagarutse ku bufatanye hagati yabo n’u Rwanda.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…