MU MAHANGA

Amerika: Perezida Kagame yahuye n’uwahoze ari Guverineri wa South Calorina David Beasley

Perezida w’u Rwanda Nyakubahabwa Paul Kagame yahuye n’abayobozi batandukanye barimo David Beasley wahoze ari Guverineri wa South Carolina n’Umuyobozi mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (PAM).

Advertisements

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 31 Mutarama 2024, nibwo Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bageze muri Amerika, aho bitabiriye Rwanda Day igiye kubera i Washington DC.

Rwanda Day ni umunsi uhuza abayobozi batandukanye, abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baba batuye mu mahanga kuri iyi nshuro ikaba iteganyijwe kubera i Washington DC muri Amerika kuwa wa 2-3 Gashyantare 2024.

Mu itangazo ryatambukijwe ku mbuga nkoranyambaga z’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu Village Urugwiro, bavuze ko Perezida Kagame yahuye na David Beasley wahoze ari Guverineri wa South Carolina n’Umuyobozi mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (PAM) ndetse na Depite mu Nteko ya Amerika John James mbere yo kwitabira amasengesho yo gusabira Amerika (National Prayer Breakfast) ateganyijwe kuri uyu wa Kane.

Umukuru w’Igihugu yanakiriye itsinda ry’abadepite b’abirabura bahuriye muri Black Caucus, iyobowe na Depite Steven Horsford, aho abo bayobozi bose ibiganiro byabo byabahuje byagarutse ku bufatanye hagati yabo n’u Rwanda.

Ibiganiro byahuje Perezida Kagame n’aba bayobozi bose bifuje gushoramari mu Rwanda

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago