RWANDA

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yunamiye Intwari z’u Rwanda ku nshuro ya 30-AMAFOTO

Kuri uyu wa 1 Gashyantare 2024, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yunamiye Intwari z’u Rwanda zibukwa ku nshuro ya 30.

Ni umuhango wabereye ku gicumbi cy’Intwari i Remera mu Mujyi wa Kigali, aho Minisitiri w’Intebe Dr Edouard yunamiye anashyiraho indabo mu rwego rwo guha icyubahiro Intwari z’u Rwanda.

Uretse Minisitiri w’Intebe witabiriye uwo muhango, hari kandi abandi banyacyubahiro batandukanye muri Guverinoma barimo abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, Perezida wa Sena Dr Xavier Kalinda n’abashinzwe inzego z’umutekano.

Kuri uyu wa 1 Gashyantare 2024, Abanyarwanda bizihije umunsi ngarukamwaka w’Intwari, insanganyamatsiko y’uyu mwaka ikaba igira ati ”Ubutware bw’Abanyarwanda, Ubutware bwacu.”

Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente, yashyize indabo ku Gicumbi cy’Intwari mu kwizihiza Intwari z’u Rwanda zagaragaje gukunda igihugu bidasanzwe no kucyitangira. Izo Ntwari z’Igihugu zibukwa ni Gen. Maj Fred Gisa Rwigema n’umusirikare Utazwi bari mu cyiciro cy’Imanzi; Umwami Mutara III Rudahigwa, Rwagasana Michel, Uwilingiyimana Agathe, Niyitegeka Félicité n’Abanyeshuri b’i Nyange banze kwitandukanya ubwo baterwaga n’Abacengezi, mu 1997, bari mu Cyiciro cy’Imena.

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko Umunsi Mukuru w’Intwari z’Igihugu ari umwanya wo kuzirikana ubwitange buhebuje n’ibikorwa by’indashyikirwa byaranze Intwari z’Igihugu no kuzifatiraho urugero mu rugendo rwo kubaka u Rwanda rwifuzwa.

Ibikorwa byo kwizihiza umunsi w’Intwari byanabereye hirya no hino mu midugudu igize igihugu aho Abanyarwanda baserutse mu kwizihiza no kuzirikana ibigwi by’abitangiye u Rwanda.

Mbere y’uyu munsi hateguwe ibikorwa bitandukanye birimo n’Igitaramo cyo gusingiza Intwari z’u Rwanda cyabaye ku mugoroba wo ku Gatatu, tariki 31 Mutarama 2024, mu ihemba rya Camp Kigali.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

18 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

18 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

19 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

19 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago