Guverinoma yatangaje ko ingengo y’imari ivuguruye mu 2023/2024 iziyongeraho miliyari 85.6Frw, ikava kuri miliyari 5,030Frw yiyongera ikagera kuri miliyari 5,115.6Frw.
Ibi bikubiye mu mushinga w’Itegeko rivuguruye ry’Ingengo y’Imari, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Kane.
Uko kwiyongera kw’ingengo y’imari gushingiye ku buryo yakoreshejwe mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka, aho ikoreshwa ryayo ryari kuri 61% mu Ukuboza 2023, binajyana n’amafaranga yashyizwe mu nzego z’ingenzi nk’ubuhinzi, ibikorwaremezo n’ikoranabuhanga.
Ingengo y’imari isanzwe iziyongera ive kuri miliyari 2.901,4 Frw igere kuri miliyari 2.913,6 Frw, bivuze ko iziyongeraho agera kuri miliyari 12,2 Frw.
Ati “Muri rusange iyi nyongera izafasha muri gahunda zitandukanye zirimo kuziba icyuho ku mishahara y’abakozi, gahunda zijyanye n’amatora y’Abadepite n’aya Perezida wa Repubulika, kuziba icyuho ku mafaranga ya buri kwezi yo gutunga abahoze ari ingabo bamugariye ku rugamba batishoboye, no kuziba icyuho mu ngengo y’imari igenerwa za Ambasade, cyane cyane kubera ambasade nshya.”
Amafaranga agenewe imishinga aziyongeraho miliyari 83,3 Frw ave kuri miliyari 1.894,7 Frw agere kuri miliyari 1.977,9 Frw. Iyi nyongera yashyizwe mu bikorwa bitandukanye, harimo iby’ubuhinzi (cyane cyane ifumbire mvaruganda), n’ibikorwaremezo (cyane cyane ingurane z’imitungo yangizwa n’imishinga y’ibikorwaremezo).
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…