Guverinoma yatangaje ko ingengo y’imari ivuguruye mu 2023/2024 iziyongeraho miliyari 85.6Frw, ikava kuri miliyari 5,030Frw yiyongera ikagera kuri miliyari 5,115.6Frw.
Ibi bikubiye mu mushinga w’Itegeko rivuguruye ry’Ingengo y’Imari, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Kane.
Uko kwiyongera kw’ingengo y’imari gushingiye ku buryo yakoreshejwe mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka, aho ikoreshwa ryayo ryari kuri 61% mu Ukuboza 2023, binajyana n’amafaranga yashyizwe mu nzego z’ingenzi nk’ubuhinzi, ibikorwaremezo n’ikoranabuhanga.
Ingengo y’imari isanzwe iziyongera ive kuri miliyari 2.901,4 Frw igere kuri miliyari 2.913,6 Frw, bivuze ko iziyongeraho agera kuri miliyari 12,2 Frw.
Ati “Muri rusange iyi nyongera izafasha muri gahunda zitandukanye zirimo kuziba icyuho ku mishahara y’abakozi, gahunda zijyanye n’amatora y’Abadepite n’aya Perezida wa Repubulika, kuziba icyuho ku mafaranga ya buri kwezi yo gutunga abahoze ari ingabo bamugariye ku rugamba batishoboye, no kuziba icyuho mu ngengo y’imari igenerwa za Ambasade, cyane cyane kubera ambasade nshya.”
Amafaranga agenewe imishinga aziyongeraho miliyari 83,3 Frw ave kuri miliyari 1.894,7 Frw agere kuri miliyari 1.977,9 Frw. Iyi nyongera yashyizwe mu bikorwa bitandukanye, harimo iby’ubuhinzi (cyane cyane ifumbire mvaruganda), n’ibikorwaremezo (cyane cyane ingurane z’imitungo yangizwa n’imishinga y’ibikorwaremezo).
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…