Umupfumu Rutangarwamaboko yashenguwe n’inyubako ye yafashwe n’inkongi, ibye bihiramo.
Ni inyubako iherereye mu Murenge wa Gisozi, Akagali ka Musezero mu mudugudu wa Nyakaliba.
Mu butumwa yashyize kuri X, yavuze ko ashima Imana y’I Rwanda ko nubwo ingoro ndangamuco n’amateka yahiye bo ari bazima.
Ati “Ubuzima ni Umweru n’Umukara. Imana y’I Rwanda ishimwe yo n’abazimu bacu batazima kuko nubwo Ingoro Ndangamuco n’Amateka yose yakongotse ariko twe turacyitsa kandi nta n’undi wahagiriye ikibazo icyo aricyo cyose. Bazimyuriro Murakarama. Polisi y’u Rwanda mwishyuke .U Rwanda ruriho,Turiho”.
Rutangarwamaboko yatangaje ko yafashwe n’inkongi biturutse ku muriro wifashishwaga n’abasudira umureko.
Igice cyafashwe n’inkongi ni icyo hejuru kuko ari igorofa yitaga ‘ingoro’, cyamurikirwagamo ibikoresho gakondo by’abanyarwanda bo hambere.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…