IMIKINO

Uwari nimero ya mbere ku isi muri Marato yapfanye n’umutoza we w’umunyarwanda

Umunyakenya wari numero ya mbere muri marathon mu bagabo ku Isi, Kelvin Kiptum w’imyaka 24, yapfuye azize impanuka yo mu muhanda yakoreye mu gihugu cye, apfana n’umutoza we, Umunyarwanda Gervais Hakizimana.

Advertisements

Iyi mpanuka y’imodoka yabaye kuri iki Cyumweru, itariki 11 Gashyantare, ubwo aba bombi berekezaga mu burengerazuba bwa Kenya. Iyi mpanuka yo mu muhanda yabaye ahagana mu ma saa 23h00 ku isaha ya ho (20h00 GMT), nk’uko abapolisi babitangarije AFP.

Kiptum yateye intambwe mu 2023 ubwo yerekanaga ko atazorohera umunyakenya mugenzi we, Eliud Kipchoge, umwe mu basiganwa muri marathon ba mbere beza.

Hari muri Chicago mu Kwakira gushize ubwo Kiptum yacaga agahigo kari gafitwe na Kipchoge yirukanka ibirometero 26.1 (42km) mu masaha abiri n’amasegonda 35.

Aba bakinnyi bombi bari barashyizwe mu ikipe y’agateganyo ya marathon ya Kenya mu mikino Olempike iteganyijwe i Paris mu mpera z’uyu mwaka.

Minisitiri w’imikino muri Kenya, Ababu Namwamba, yunamiye Kiptum, yandika kuri X ati: ” Kenya yatakaje ibuye ry’agaciro ridasanzwe.”

Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenya akaba n’uwahoze ari Minisitiri w’intebe, Raila Odinga, yavuze ko iki gihugu cyatakaje “intwari nyayo” kandi ko kibabajwe n’umuntu udasanzwe … n’ishusho y’imikino ngororamubiri yo muri Kenya.

Sebastian Coe, Perezida w’imikino ngororamubiri ku Isi, yavuze ko Kiptum yari “umukinnyi udasanzwe usize umurage udasanzwe, tuzamukumbura cyane”.

Kelvin Kiptum w’imyaka 24, yapfuye azize impanuka yo mu muhanda

Emmy

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago