IMIKINO

Perezida Tshisekedi yongeye kwikoma u Rwanda ubwo yakiraga ku meza ikipe y’Igihugu ikubutse muri CAN

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, Felix Antoine Tshisekedi, yakiriye ikipe ya RDC ikubutse mu gikombe cy’Afurika cyaberaga muri Cote d’Ivoire ayishimira uko yitwaye ariko arenzaho ko yeretse amahanga ubushotoranyi bw’u Rwanda.

Perezida Tshisekedi yakiriye abakinnyi ba les Léopards mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere tariki ya 12 Gashyantare nyuma yo kwegukana umwanya wa kane mu gikombe cya Afurika.

Perezida Tshisekedi yashimiye Abakinnyi uko bitwaye mu gikombe cy’Afurika

Ubwo Perezida Félix Tshisekedi yakiraga aba bakinnyi,yavuze ko igihugu cyose cyishimiye uko bitwaye. Ati: “Ni ishema kuvuga mu izina ry’igihugu cyose mbashimira ku byishimo mwahaye Abanyekongo.”

Yakomeje agira ati “Mwabaye beza cyane, beza mu mpande zose, no mu buryo bwose.

Ikintu nzirikana n’ikimenyetso cyanyu mu gihe haririmbwaga indirimbo yubahiriza igihugu. Nubwo mwari kure y’igihugu,mwunze ubumwe n’abo musangiye igihugu.

Tshisekedi yongeye kumvikana avuga ko u Rwanda rumushotora

Ibyo abanyekongo ntabwo bazigera babyibagirwa, nta n’ubwo bakwiye kubyibagirwa. Kubera ko icyo gikorwa cyakanguye umuryango mpuzamahanga wari usinziriye ntubone buriya bushotoranyi bubi bw’u Rwanda bwatugizeho ingaruka.

Ubwo bushotoranyi bugamije gusebya igihugu cyacu.”

Perezida Tshisekedi yavuze ko yizeye ko abakinnyi ba RDC bazakomeza kwitwara neza ndetse ko yanyuzwe nuko ikipe ya mbere n’iya kabiri zakoreshejwe muri AFCON 2023 zanganyaga imbaraga.

Ikipe ya RDC yatsinzwe na Cote d’Ivoire igitego 1-0 muri 1/2 cy’irangiza ntiyabasha kugera ku mukino wa nyuma.Yatsinzwe kuri penaliti mu guhatanira umwanya wa gatatu na Afurika y’Epfo.

Perezida Tshisekedi arikumwe n’umutoza w’ikipe y’Igihugu ya RDC Sébastien Desabre

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

8 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

8 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

8 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

9 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago