MU MAHANGA

Samia Suluhu yaganiriye na Papa Francis

Kuri uyu wa mbere, taliki 12 Gashyantare 2024, Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, yahuye na Papa Fransisiko i Vatikani, agirana agirana nawe ibiganiro ku iterambere ry’imibereho muri Tanzaniya no guteza imbere amahoro muri Afurika.

Samia na Papa bombi bumvikanye kandi gushimangira umubano w’ububanyi n’amahanga hagati ya Tanzaniya na Vatikani. Samia yavuze ko yishimiye uruhare rwa Kiliziya Gatolika mu guteza imbere imibereho myiza muri Tanzaniya, ahanini mu burezi no gutanga ubuzima.

Yageze mu mujyi wa Vatikani nyuma y’ubutumire butaziguye bwa Papa kandi yari aherekejwe n’abayobozi bo mu mashyirahamwe ya Kiliziya Gatolika ya Tanzaniya agizwe n’amatsinda y’itorero ry’urubyiruko, abagabo n’abagore.

Samia kandi yagiranye ibiganiro n’umunyamabanga wa Leta wa Vatikani, Karidinali Pietro Parolin ari kumwe n’umunyamabanga wa Vatikani ushinzwe umubano n’ibihugu n’imiryango mpuzamahanga Arkiyepiskopi Paul Richard Gallagher.

Umubano w’ububanyi n’amahanga hagati ya Tanzaniya na Vatikani washyizweho ku ya 19 Mata 1968, igihe Arkiyepiskopi Pierluigi Sartorelli yagenwa kuba uhagarariye Vatikani (Reba Mutagatifu) muri Tanzaniya.

Tanzaniya ifite abizera gatolika bagera kuri miliyoni 12, hafi kimwe cya kane cy’abaturage bayo miliyoni 61.

Kiliziya Gatolika muri Tanzaniya iri mu bihugu bitanga serivisi z’imibereho myiza, cyane cyane uburezi n’ubuzima binyuze mu mashuri y’incuke 240, amashuri abanza 147, amashuri yisumbuye 245, ibigo byigisha imyuga 110 na kaminuza eshanu (5) zose zashinzwe muri Tanzaniya.

Samia Suluhu yaganiriye na Papa Francis

Emmy

Recent Posts

John Legend yasubije abari bamushyizeho igitutu ngo ntataramire mu Rwanda

Umuhanzi w'icyamamare John Legend, wari washizweho igitutu cyo guhagarika gukorera igitaramo i Kigali, yavuze ko…

5 hours ago

Umuvugizi wa M23/AFC, Kanyuka yabajije MONUSCO abakiri mu birindiro byabo ari bantu ki?

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko nta gitutu uyu mutwe wigeze ushyira ku ngabo…

5 hours ago

New Zealand: Minisitiri yeguye ku mirimo ye nyuma yo gushinjwa gukorakora umukozi

Minisitiri w’ubucuruzi muri New Zealand, Andrew Bayly yeguye ku mirimo ye nyuma yo gushyira ikiganza…

7 hours ago

Perezida Kagame yaganiriye na David Lappartient uyobora (UCI) uburyo Tour du Rwanda yazamurirwa urwego

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaganiriye na David Lappartient uyobora ishyirahamwe ry'umukino w'amagare ku Isi…

8 hours ago

Urwego rw’Igihugu rushinzwe igorora (RCS) rwungutse abakozi bashya barenga 500

Mu ishuri ry'Amahugurwa ry'Urwego rw'u Rwanda Rushinzwe Igorora RCS, riherereye mu Karere ka Rwamagana, habereye…

8 hours ago

Ibyo wamenya ku ikipe y’u Rwanda na Senegal zigiye guhura zihatanira itike y’igikombe cy’Afurika (Afrobasket2025)

Ikipe y'u Rwanda irakina na Senegal, mu mukino wa mbere wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika…

3 days ago