RWANDA

Perezida Kagame yahuye na mugenzi we Tshisekedi

Perezida Paul Kagame ku wa Gatanu tariki ya 16 Gashyantare, yahuriye mu nama yiga ku bibazo bya RDC n’abarimo Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abakuru b’ibihugu byombi bahuriye i Addis-Abeba muri Ethiopia, aho bitabiriye inama isanzwe ya 37 y’inteko rusange y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.

Perezida João Lourenço wa Angola nk’umuhuza mu bibazo bya RDC, ni we wabahurije hamwe.

Ba Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na Dr William Somei Ruto wa Kenya bari mu bandi bayitabiriye.

Nta makuru arambuye y’ibyavugiwe muri iyi nama yigeze atangazwa, gusa Perezidansi y’u Rwanda ku rubuga rwayo rwa X yatangaje ko mu byaganiriweho harimo “impamvu nyamukuru y’umutekano muke ukomeje mu burasirazuba bwa RDC, imiyoborere mibi, itoteza rishingiye ku moko ndetse n’urugomo”.

Perezida Lourenço ubwo yafunguraga iriya nama we yavuze ko intego nyamakuru yayo yari “ukurebera hamwe uko haboneka agahenge hagati ya RDC na M23 ndetse no kugerageza guhuriza mu biganiro abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na RDC”.

Lourenço yunzemo ko iriya nama yari igamije kandi gucubya “inkongi [y’umuriro] ishobora kwibasira akarere ka EAC na SADC”.

Kugeza ubu imyanzuro y’iyi nama ntabwo iramenyekana.

Iyi nama y’i Addis-Abeba yabaye cyakora mu gihe imirwano ikomeye ikomeje gusakiranya Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Impande zombi zimaze icyumweru kirenga zihanganiye uduce turimo umujyi wa Sake.

Iyi mirwano by’umwihariko yatumye umwuka ukomeza kuba mubi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bijyanye no kuba Kinshasa irushinja kuba ari rwo ruha ubufasha uyu mutwe.

Ni ibirego cyakora I Rwanda rutahwemye guhakana.

Impande zihanganye zimaze igihe zisabwa n’amahanga gukemura ibibazo zifitanye biciye mu nzira y’ibiganiro, gusa Congo Kinshasa imaze igihe yarinangiye ko idashobora kuganira na M23 mu gihe uyu mutwe ukigenzura tumwe mu duce tw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Perezida Kagame yahuye na mugenzi we Tchisekedi

Emmy

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago