RWANDA

Perezida Kagame yahuye na mugenzi we Tshisekedi

Perezida Paul Kagame ku wa Gatanu tariki ya 16 Gashyantare, yahuriye mu nama yiga ku bibazo bya RDC n’abarimo Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Advertisements

Abakuru b’ibihugu byombi bahuriye i Addis-Abeba muri Ethiopia, aho bitabiriye inama isanzwe ya 37 y’inteko rusange y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.

Perezida João Lourenço wa Angola nk’umuhuza mu bibazo bya RDC, ni we wabahurije hamwe.

Ba Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na Dr William Somei Ruto wa Kenya bari mu bandi bayitabiriye.

Nta makuru arambuye y’ibyavugiwe muri iyi nama yigeze atangazwa, gusa Perezidansi y’u Rwanda ku rubuga rwayo rwa X yatangaje ko mu byaganiriweho harimo “impamvu nyamukuru y’umutekano muke ukomeje mu burasirazuba bwa RDC, imiyoborere mibi, itoteza rishingiye ku moko ndetse n’urugomo”.

Perezida Lourenço ubwo yafunguraga iriya nama we yavuze ko intego nyamakuru yayo yari “ukurebera hamwe uko haboneka agahenge hagati ya RDC na M23 ndetse no kugerageza guhuriza mu biganiro abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na RDC”.

Lourenço yunzemo ko iriya nama yari igamije kandi gucubya “inkongi [y’umuriro] ishobora kwibasira akarere ka EAC na SADC”.

Kugeza ubu imyanzuro y’iyi nama ntabwo iramenyekana.

Iyi nama y’i Addis-Abeba yabaye cyakora mu gihe imirwano ikomeye ikomeje gusakiranya Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Impande zombi zimaze icyumweru kirenga zihanganiye uduce turimo umujyi wa Sake.

Iyi mirwano by’umwihariko yatumye umwuka ukomeza kuba mubi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bijyanye no kuba Kinshasa irushinja kuba ari rwo ruha ubufasha uyu mutwe.

Ni ibirego cyakora I Rwanda rutahwemye guhakana.

Impande zihanganye zimaze igihe zisabwa n’amahanga gukemura ibibazo zifitanye biciye mu nzira y’ibiganiro, gusa Congo Kinshasa imaze igihe yarinangiye ko idashobora kuganira na M23 mu gihe uyu mutwe ukigenzura tumwe mu duce tw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Perezida Kagame yahuye na mugenzi we Tchisekedi

Emmy

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago