Umwana witwa Habimana Emmanuel w’Umwaka umwe n’igice yaguye mu cyobo gifata amazi, ahita apfa.
Se w’uyu mwana yitwa Bimenyimana, nyina akitwa Mutuyimana Charlotte.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buvuga ko iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Nyabizenga,Akagari ka Kirengeli Umurenge wa Byimana .
Amakuru avuga ko iyi mpanuka yishe Habimana Emmanuel yabaye ahagana saa tanu z’amanywa, kuko uyu mwana yageze ku cyobo gifata amazi asanga imbaho zari zigipfutse ziri iruhande rumwe ahita agwa muri icyo cyobo.
Umuyobozi w’AKarere ka Ruhango,Habarurema valens, yabwiye bagenzi bacu bo ku UMUSEKE ko uyu mwana icyobo yaguyemo cyari gipfundikiye bityo ko habayeho uburangare bw’ababyei.
Ati “ Yitabye Imana, ni impanuka isanzwe. Umwana yakambakambye agwa mu cyobo cy’amazi. Turasaba ababyeyi kujya bakurikirana umwana, ntajye abacika.Impanuka iraba iyo yashatse kuba cyane ko icyo cyari gipfundikiye.”
Yasabye umuryango wa nyakwigendera kwihangana ku bwo kubura umwana wabo.
Abaturage bihutiye kubivuga, batabaza abakozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha bafatanya kumukuramo ,cyakora basanga yamaze gushiramo umwuka.
Umurambo wa Habimana Emmanuel wajyanywe ku Bitaro bya Kabgayi kugira ngo ukorerwe isuzuma mbere yuko ushyingurwa.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…