Umwana witwa Habimana Emmanuel w’Umwaka umwe n’igice yaguye mu cyobo gifata amazi, ahita apfa.
Se w’uyu mwana yitwa Bimenyimana, nyina akitwa Mutuyimana Charlotte.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buvuga ko iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Nyabizenga,Akagari ka Kirengeli Umurenge wa Byimana .
Amakuru avuga ko iyi mpanuka yishe Habimana Emmanuel yabaye ahagana saa tanu z’amanywa, kuko uyu mwana yageze ku cyobo gifata amazi asanga imbaho zari zigipfutse ziri iruhande rumwe ahita agwa muri icyo cyobo.
Umuyobozi w’AKarere ka Ruhango,Habarurema valens, yabwiye bagenzi bacu bo ku UMUSEKE ko uyu mwana icyobo yaguyemo cyari gipfundikiye bityo ko habayeho uburangare bw’ababyei.
Ati “ Yitabye Imana, ni impanuka isanzwe. Umwana yakambakambye agwa mu cyobo cy’amazi. Turasaba ababyeyi kujya bakurikirana umwana, ntajye abacika.Impanuka iraba iyo yashatse kuba cyane ko icyo cyari gipfundikiye.”
Yasabye umuryango wa nyakwigendera kwihangana ku bwo kubura umwana wabo.
Abaturage bihutiye kubivuga, batabaza abakozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha bafatanya kumukuramo ,cyakora basanga yamaze gushiramo umwuka.
Umurambo wa Habimana Emmanuel wajyanywe ku Bitaro bya Kabgayi kugira ngo ukorerwe isuzuma mbere yuko ushyingurwa.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…