Akarere ka Muhanga mu ibara ritukura
Umunyeshuri wiga mu Ishuri ry’Imyuga MTC TSS yafatiwe n’ibise muri Gare ya Muhanga yinjira mu bwiherero arabyara.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye Nshimiyimana Jean Claude avuga ko uyu munyeshuri yasabye ubuyobozi bw’Ishuri yigamo uruhushya rwo kujya kurwarira mu rugo bararumuha, ageze muri Gare ya Muhanga ajya mu bwiherero ahita abyara.
Nshimiyimana avuga ko ubuyobozi bwavuze ko nta makuru bwari bufite ko uyu munyeshuri yaba yari atwite.
Ati “Twahageze turi kumwe n’Inzego z’Umutekano ndetse n’izo Ubugenzacyaha dusanga amaze kubyara kandi bose ni bazima.”
Umuseke wanditse ko Gitifu yavuze ko bazanye imodoka ibajyana iKabgayi kugira ngo ibirenzeho abaganga babyiteho kuko aribo babifite mu nshingano.
Uyu munyeshuri afite imyaka 18 y’amavuko akaba akomoka mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…