Akarere ka Muhanga mu ibara ritukura
Umunyeshuri wiga mu Ishuri ry’Imyuga MTC TSS yafatiwe n’ibise muri Gare ya Muhanga yinjira mu bwiherero arabyara.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye Nshimiyimana Jean Claude avuga ko uyu munyeshuri yasabye ubuyobozi bw’Ishuri yigamo uruhushya rwo kujya kurwarira mu rugo bararumuha, ageze muri Gare ya Muhanga ajya mu bwiherero ahita abyara.
Nshimiyimana avuga ko ubuyobozi bwavuze ko nta makuru bwari bufite ko uyu munyeshuri yaba yari atwite.
Ati “Twahageze turi kumwe n’Inzego z’Umutekano ndetse n’izo Ubugenzacyaha dusanga amaze kubyara kandi bose ni bazima.”
Umuseke wanditse ko Gitifu yavuze ko bazanye imodoka ibajyana iKabgayi kugira ngo ibirenzeho abaganga babyiteho kuko aribo babifite mu nshingano.
Uyu munyeshuri afite imyaka 18 y’amavuko akaba akomoka mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…