Kuri uyu wa Mbere tariki 19 Gashyantare 2024, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Algeria, General Said Changriha yagiriye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Uyu mugabo w’imyaka 78 y’amavuko yageze ku kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kanombe kuri iki gicamunsi arikumwe n’itsinda rigari rimuherekeje yakirwa n’abo ku ruhande rw’u Rwanda.
Nk’uko amakuru yatanzwe ku rubuga rwa X rubivuga nta byinshi batangaje kuri uru ruzinduko rw’uyu mugaba w’Ingabo za Algeria.
Amakuru ariho ni uko Gen Said Changriha azakwakirwa na mugenzi we w’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga, nyuma yaho bagirane ibiganiro bishimangira umubano w’ibihugu byombi.
Igihugu cya Algeria ni kimwe mu bihugu bifite igisirikare gikomeye ku Isi, dore ko kiza ku mwanya wa 26 mu bihugu 145 kikaba icya kabiri ku mugabane wa Afurika, Algeria isanzwe ibarizwa mu Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…