POLITIKE

Putin yahaye impano y’imodoka Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru, Amerika ibirakariramo

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 20 Gashyantare, Perezida w’Uburusiya, Vladimir Putin yahaye impano y’imodoka mugenzi we wa Koreya ya Ruguru Kim Jong Un.

Ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru muri Koreya (KCNA) cyatangaje ko iyo modoka yakozwe n’Uburusiya ariyo yahawe Kim Jong Un ikaba yaratanzwe ku cyumweru n’intumwa z’Uburusiya.

Mushiki wa Kim, Kim Yo Jong yashimiye Putin mu izina ry’umuvandimwe we maze agira ati: “iyi mpano ni nk’ikimenyetso kigaragaza umubano wihariye bwite hagati y’abayobozi bakuru (Koreya y’Amajyaruguru) n’Uburusiya,” nk’uko KCNA yabitangaje.

Raporo ivuga ko guverinoma y’Amerika ihangayikishijwe cyane ku bufatanye hagati ya Koreya ya Ruguru n’Uburusiya byumwihariko kuri ubu bushuti bwaba bombi.

Muri Mutarama, abadipolomate bo mu rwego rwo hejuru ku ruhande rwa Koreya ya Ruguru n’Uburusiya bahuriye i Moscou mbere y’ibyo itangazamakuru rya Leta ya Koreya rivuga ko ari ikimenyetso ko Perezida Putin ko azasura umurwa mukuru wa Koreya ya Ruguru-Piyongoyang (Pyongyang).

Kim yasuye Uburusiya mu nama yagiranye na Putin muri Nzeri, aho yemeje intambara y’Uburusiya kuri Ukraine maze agira ati: “Nzahora mpagaze ku ruhande rw’Uburusiya.”

Impano ya Putin yarenze ku bihano by’Umuryango w’Abibumbye byafatiwe Koreya ya Ruguru kubera gahunda y’intwaro za kirimbuzi, n’ubwo kubuza kugurisha ibicuruzwa byihariye mu gihugu bitabujije Kim kugaragara mu modoka meza atandukanye zo mu rwego rwo hejuru mu myaka yashize.

Umuyobozi wa Koreya ya Ruguru akunze kugaragara mu imodoka ya Mercedes-Maybach iri mu bwoko bwa limousine ndetse ikaba ifite ubwirinzi buhambaye, ihagaze agaciro ka miliyoni imwe y’amadolari.

Muri 2018, Kim yitabiriye inama yahuriyemo n’abayobozi ba Amerika muri Rolls-Royce y’umukara. Mu ntangiriro z’uwo mwaka, imodoka ebyiri zo mu bwoko bwa Mercedes-Maybach S600 zimurinda zakuwe mu Buholandi zoherezwa muri Koreya ya Ruguru, bikaba bishoboka ko Kim azazikoresha, nk’uko ikigo cy’ubushakashatsi cy’umutekano kibarizwa i Washington kibitangaza.

Mu ruzinduko rwa Kim yagiriye mu Burusiya muri Nzeri umwaka ushize, Putin yeretse umuyobozi wa Koreya ya Ruguru limousine ye, yakozwe n’Uruganda rukora amamodoka meza yo mu Burusiya.

Ni mugihe nyamara uwahoze ari Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Donald Trump, akiri ku ntebe y’ubutegetsi nawe yahaye Kim imodoka ya Cadillac limousine iharirwa aba perezida mu biganiro by’abahuje muri Singapore mu 2018.

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

18 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

20 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

20 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

20 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago