Mu Murenge wa Nyarubaka mu Kagari Gitare mu Mudugudu wa Remera mu Karere ka Kamonyi, uwitwa Ntakirutimana Emmanuel w’imyaka 28 yatemye insina 60, ibisheke 10 n’ingemwe z’amacunga 3 biturutse ku mujinya waturutse ku makimbirane yagiranye n’umubyeyi we.
Ibi byamenyekanye ahagana saa tatu za mu gitondo (9:00 am) kuri wa 19 Gashyantare 2024.
Providence Mbonigaba Mpozenzi uyobora Umurenge wa Nyarubaka, yabwiye Imvaho Nshya ko aya makuru ari yo uyu musore mu gitondo cy’uyu munsi yatonganye n’umubyeyi (nyina) we amubaza impamvu ejo yakubise umwana, bararakaranya amuhindukirana n’umuhoro aramuhunga ahita ajya gutema insina 60, ibisheke 10 n’amacunga y’ingemwe 3 yateye mu murima bamutije akaziteramo.
Yasabye abaturage kwirinda amakimbirane yo mu rugo ndetse bagatanga amakuru ku gihe ajyanye n’imiryango irimo amakimbirane kugira ngo yigishwe ive mu makimbirane ariko kandi abana bakwiye kubaha ababyeyi babo.
Uregwa yamaze gutabwa muri yombi ndetse ababyeyi bagiye gutanga ikirego kuri RIB.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…