Mu Murenge wa Nyarubaka mu Kagari Gitare mu Mudugudu wa Remera mu Karere ka Kamonyi, uwitwa Ntakirutimana Emmanuel w’imyaka 28 yatemye insina 60, ibisheke 10 n’ingemwe z’amacunga 3 biturutse ku mujinya waturutse ku makimbirane yagiranye n’umubyeyi we.
Ibi byamenyekanye ahagana saa tatu za mu gitondo (9:00 am) kuri wa 19 Gashyantare 2024.
Providence Mbonigaba Mpozenzi uyobora Umurenge wa Nyarubaka, yabwiye Imvaho Nshya ko aya makuru ari yo uyu musore mu gitondo cy’uyu munsi yatonganye n’umubyeyi (nyina) we amubaza impamvu ejo yakubise umwana, bararakaranya amuhindukirana n’umuhoro aramuhunga ahita ajya gutema insina 60, ibisheke 10 n’amacunga y’ingemwe 3 yateye mu murima bamutije akaziteramo.
Yasabye abaturage kwirinda amakimbirane yo mu rugo ndetse bagatanga amakuru ku gihe ajyanye n’imiryango irimo amakimbirane kugira ngo yigishwe ive mu makimbirane ariko kandi abana bakwiye kubaha ababyeyi babo.
Uregwa yamaze gutabwa muri yombi ndetse ababyeyi bagiye gutanga ikirego kuri RIB.
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…
Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…
Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…
José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…