IMIKINO

APR Fc yujuje imyaka 7 idakoza intoki ku gikombe cy’Amahoro nyuma yo gusezerwa n’ikipe ya Gasogi United

APR FC yongeye gutungurwa isezerwa mu gikombe cy’Amahoro kuri penaliti 4-3 muri 1/4 cy’irangiza n’ikipe ya Gasogi United. Ikaba yahise ifunga imyaka irindwi itazi uko iki gikombe gisa.

Advertisements

Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo wabonaga ko harimo ihangana rikomeye hagati y’amakipe yombi.

Nyuma yo kunganya 0-0 mu mukino ubanza, uwo kwishyura nawo warangiye amakipe yombi anganya 0-0 hitabazwa penaliti.

Ni umukino utagize byinshi werekana mu kibuga ku mpande zombie dore ko umukino wageze ku munota wa 90’ bagwa miswi.

APR Fc yatunguwe na Gasogi United iyisezerera mu gikombe cy’Amahoro

APR FC ntiyahiriwe kuko Ruboneka Jean Bosco na Victor Mbaoma bahushije penaliti mu gihe Serge Kabanda ariwe wahushije iya Gasogi United.

APR FC yujuje imyaka 7 idakoze intoki ku gikombe cy’Amahoro, iheruka iki gikombe mu mwaka 2017 ubwo yatsindaga Amagaju Fc ibitego igitego kimwe ku busa.

Muri 1/2 Gasogi United izahura na Police FC yo yasezereye Gorilla FC ku bitego 4-1 mu mikino yombi.

Mu wundi mukino wa 1/2, Bugesera FC yasezereye Mukura VS iyitsinze igitego 1-0 mu mikino yombi. Izahura na Rayon Sports.

Uko imikino yagenze yabaye uyu munsi mu gikombe cy’Amahoro:

Mukura VS&L 0-1 Bugesera FC [Gakwaya Léonard 40’]

Police FC 2-1 Gorilla FC

Abatsinze ibitego:Ismaila Moro[P]34’,Odili Chukwuma 40’ icya Gorilla FC cyatsinzwe na Nshimiyimana Emmanuel 56’

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago