APR Fc yatunguwe na Gasogi United iyisezerera mu gikombe cy'Amahoro
APR FC yongeye gutungurwa isezerwa mu gikombe cy’Amahoro kuri penaliti 4-3 muri 1/4 cy’irangiza n’ikipe ya Gasogi United. Ikaba yahise ifunga imyaka irindwi itazi uko iki gikombe gisa.
Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo wabonaga ko harimo ihangana rikomeye hagati y’amakipe yombi.
Nyuma yo kunganya 0-0 mu mukino ubanza, uwo kwishyura nawo warangiye amakipe yombi anganya 0-0 hitabazwa penaliti.
Ni umukino utagize byinshi werekana mu kibuga ku mpande zombie dore ko umukino wageze ku munota wa 90’ bagwa miswi.
APR FC ntiyahiriwe kuko Ruboneka Jean Bosco na Victor Mbaoma bahushije penaliti mu gihe Serge Kabanda ariwe wahushije iya Gasogi United.
APR FC yujuje imyaka 7 idakoze intoki ku gikombe cy’Amahoro, iheruka iki gikombe mu mwaka 2017 ubwo yatsindaga Amagaju Fc ibitego igitego kimwe ku busa.
Muri 1/2 Gasogi United izahura na Police FC yo yasezereye Gorilla FC ku bitego 4-1 mu mikino yombi.
Mu wundi mukino wa 1/2, Bugesera FC yasezereye Mukura VS iyitsinze igitego 1-0 mu mikino yombi. Izahura na Rayon Sports.
Uko imikino yagenze yabaye uyu munsi mu gikombe cy’Amahoro:
Mukura VS&L 0-1 Bugesera FC [Gakwaya Léonard 40’]
Police FC 2-1 Gorilla FC
Abatsinze ibitego:Ismaila Moro[P]34’,Odili Chukwuma 40’ icya Gorilla FC cyatsinzwe na Nshimiyimana Emmanuel 56’
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…