Musenyeri Christopher Saunders w’imyaka 74 muri Kiliziya Gatolika ya Australia yatawe muri yombi na Polisi y’icyo gihugu ashinjwa ibyaha birimo gusambanya abana.
Musenyeri Christopher Saunders yatawe muri yombi mu Burengerazuba bwa Australia nyuma y’igihe akorwaho iperereza na Polisi ndetse n’ubuyobozi bwa Vatican ku itegeko rya Papa Francis.
Ibyaha birengwa uyu Mwepisikopi birimo gufata ku ngufu abana, ku bakoresha ishimishamubiri yitwaje ko abafiteho ububasha, bikaba bikekwako yabikoze hagati ya 2008 na 2014.
Inama y’Abepisikopi muri Australia yavuze ko uzakorana bya hafi n’ubutabera kugira ngo ukuri kujye hanze n’ubutabera butangwe.
Musenyeri Christopher Saunders aramutse ahamwe n’ibyaha yaba abaye umuntu ukomeye muri Kiliziya Gatolika uhamwe n’ibyaha bijyanye no gusambanya abana no kubafata ku ngufu, nyuma y’uko mu bihe byashize Karidinali George Pell yahamwe n’ibyaha nk’ibyo ariko akaza kuba umwere.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…