IMIKINO

Abakinnyi ba AS Kigali bahawe agahimbazamusyi mbere yo gukina na Police FC

Ubuyobozi bw’ikipe ya AS Kigali, bwahaye abakinnyi agahimbazamusyi mbere yo gukina n’ikipe ya Police FC mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona y’Icyiciro cya mbere mu bagabo.

Advertisements

Iyi kipe yatangiye nabi shampiyona, isa n’iyabaye nshya mu mikino yo kwishyura, cyane ko yari yanakoze impinduka zirimo guhindura umutoza mukuru.

Kimwe mu byazamuye akanyamuneza k’abakinnyi n’abandi bakozi b’iyi kipe, ni agahimbazamusyi kazamuwe na Shema Fabrice wahoze ayobora iyi kipe.

Uyu muyobozi ukomeza kuba hafi cyene y’iyi kipe n’ubwo aherutse kwegura ku nshingano zo kuyiyobora akazisigira Seka Fred, ubu yongeye guha abakinnyi agahimbazamusyi.

Amakuru yizewe UMUSEKE wamenye, avuga ko umukino wa Police FC wagenewe agahimbazamusyi kikubye inshuro esheshatu ku kari gasanzwe gatangwa (ibihumbi 30 Frw).

Bivuze ko buri mukinnyi yahawe ibihumbi 180 Frw, maze basabwa kuzatsinda Police FC mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona uteganyijwe ku wa Gatandatu tariki ya 24 Gashyantare 2024 kuri Kigali Pelé Stadium Saa Cyenda z’amanywa.

Impamvu yo kubaha aka gahimbazamusyi mbere y’umukino, ni mu rwego rwo kubatera ingabo mu bitugu kugira ngo bazabone intsinzi kuri uyu mukino.

Mu gihe batabasha gutsinda uyu mukino, amakuru avuga ko amafaranga bahawe yazakurwa ku mushahara mu gihe bazaba bagiye guhembwa ku Cyumweru gitaha nta gihundutse.

AS Kigali iri ku mwanya wa Karindwi n’amanota 28 inganya na Kiyovu Sports ya Gatandatu bigatandukanywa n’umwenda w’ibitego izi kipe zinjijwe.

Abakinnyi ba AS Kigali bahawe agahimbazamusyi mbere yo gukina na Police FC

Emmy

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago