IMIKINO

Abakinnyi ba AS Kigali bahawe agahimbazamusyi mbere yo gukina na Police FC

Ubuyobozi bw’ikipe ya AS Kigali, bwahaye abakinnyi agahimbazamusyi mbere yo gukina n’ikipe ya Police FC mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona y’Icyiciro cya mbere mu bagabo.

Iyi kipe yatangiye nabi shampiyona, isa n’iyabaye nshya mu mikino yo kwishyura, cyane ko yari yanakoze impinduka zirimo guhindura umutoza mukuru.

Kimwe mu byazamuye akanyamuneza k’abakinnyi n’abandi bakozi b’iyi kipe, ni agahimbazamusyi kazamuwe na Shema Fabrice wahoze ayobora iyi kipe.

Uyu muyobozi ukomeza kuba hafi cyene y’iyi kipe n’ubwo aherutse kwegura ku nshingano zo kuyiyobora akazisigira Seka Fred, ubu yongeye guha abakinnyi agahimbazamusyi.

Amakuru yizewe UMUSEKE wamenye, avuga ko umukino wa Police FC wagenewe agahimbazamusyi kikubye inshuro esheshatu ku kari gasanzwe gatangwa (ibihumbi 30 Frw).

Bivuze ko buri mukinnyi yahawe ibihumbi 180 Frw, maze basabwa kuzatsinda Police FC mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona uteganyijwe ku wa Gatandatu tariki ya 24 Gashyantare 2024 kuri Kigali Pelé Stadium Saa Cyenda z’amanywa.

Impamvu yo kubaha aka gahimbazamusyi mbere y’umukino, ni mu rwego rwo kubatera ingabo mu bitugu kugira ngo bazabone intsinzi kuri uyu mukino.

Mu gihe batabasha gutsinda uyu mukino, amakuru avuga ko amafaranga bahawe yazakurwa ku mushahara mu gihe bazaba bagiye guhembwa ku Cyumweru gitaha nta gihundutse.

AS Kigali iri ku mwanya wa Karindwi n’amanota 28 inganya na Kiyovu Sports ya Gatandatu bigatandukanywa n’umwenda w’ibitego izi kipe zinjijwe.

Abakinnyi ba AS Kigali bahawe agahimbazamusyi mbere yo gukina na Police FC

Emmy

Recent Posts

Ibyo wamenya ku ikipe y’u Rwanda na Senegal zigiye guhura zihatanira itike y’igikombe cy’Afurika (Afrobasket2025)

Ikipe y'u Rwanda irakina na Senegal, mu mukino wa mbere wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika…

2 days ago

Guverinoma y’u Rwanda yanenze Amerika ibihano yafatiye Gen (Rtd) Kabarebe

Ku wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, Amerika yemeje ko yafatiye Gen (Rtd) James Kabarebe…

2 days ago

Umuvugizi wa M23 Col. Willy Ngoma yagize icyo avuga kuri Makanika wishwe na FARDC

Nyuma y'uko Col. Michel Rukunda waruzwi nka Makanika wagiye aharanira uburenganzira bw'Abanyamulenge yishwe n'igisirikare cya…

2 days ago

AMAFOTO: Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye imbere y’amategeko

Kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, nibwo Musengamana Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda…

3 days ago

Col. Makanika yishwe agabweho igitero n’igisirikare cya Congo (FARDC)

Col Michel Rukunda uzwi nka Makanika wari uyoboye umutwe wa Twirwaneho yishwe n'igisirikare cya Repubulika…

3 days ago

Hatangiye gutegurwa ikiriyo cya Papa Francis akiri muzima

Vaticani iri gutegura umuhango wo gusezera kuri Papa Francis nyuma y’uko bivugwa ko ubuzima bwe…

3 days ago