RWANDA

FPR Inkontanyi igiye gutora abazayihagararira mu matora rusange ya Perezida n’ay’Abadepite

Umuryango FPR Inkotanyi watangaje ko guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Gashyantare 2024, hazatangira amatora yo gushaka uzawuhagararira mu matora ya Perezida ateganyijwe muri Nyakanga 2024 n’abazawuhagararira umuryango mu matora y’Abadepite.

Advertisements

Ubu butumwa bukubiye mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe hanze n’Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR Inkotanyi, ku wa 23 Gashyantare 2024.

Iri tangazo rivuga ko amatora muri RPF Inkotanyi azahera ku rwego rw’Umudugudu, asorezwe ku rw’Igihugu mu Nama Nkuru y’Umuryango iteganyijwe muri Werurwe 2024.

Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi, Gasamagera Wellars, yasabye abanyamuryango kuzitabira iki gikorwa no kurangwa n’ubushishozi mu guhitamo abazabahagararira.

Gasamagera Wellars yasabye abanyamuryango kuzitabira amatora ku bwinshi

Ati “Amatora mu Muryango FPR Inkotanyi akwiye kwitabirwa n’abanyamuryango bose guhera ku rwego rw’umudugudu. Ni igihe cyiza cyo kwihitiramo abazaduhagararira mu matora ya Perezida wa Repubulika ndetse n’abadepite. Ni igikorwa gikeneye ubwitabire bwacu twese nk’abanyamuryango ba FPR ariko cyane cyane tukarangwa n’ubushishozi mu guhitamo abazaduhagararira muri aya matora ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka.’’

Biteganyijwe ko abazatorerwa guhagararira Umuryango mu matora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite bazemezwa mu Nama Nkuru ya FPR Inkotanyi nk’uko biteganywa n’amategeko awugenga.

Ku nshuro ya mbere amatora ya Perezida wa Repubulika ndetse n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko azaba ahujwe kuko manda y’Umukuru w’Igihugu yagizwe imyaka itanu ikangana n’iy’Abadepite. Ku Banyarwanda baba imbere mu gihugu, ateganyijwe tariki 15 Nyakanga mu gihe abo muri diaspora bazatora ku wa 14 Nyakanga 2024.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago