UBUREZI

NESA yatangaje igihe abitegura gukora ibizami bya Leta baziyandikishirizaho

Ikigo Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri, NESA, cyatangaje ko kuva tariki ya 26 Gashyantare kugeza ku wa 31 Werurwe 2024, abanyeshuri bazakora Ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2023/2024 bazaba bari kwiyandikisha.

Advertisements

Bikubiye mu Itangazo ryasohowe n’ubuyobiz bwa NESA rimenyesha abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza, ay’iyisumbuye yigisha inyigisho rusange, atanga inyigisho mbonezamwuga ndetse n’amashuri yisumbuye ya Tekinike (TSS).

Kwandika abo abanyeshuri bazakora ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2023/2024 bizatangira gukorwa kuva kuwa Mbere tariki ya 26 Gashyantare kugeza ku Cyumweru tariki ya 31 Werurwe2024.

NESA itangaza ko kugirango umukandida wo mu mashuri abanza, P6, yiyandikishe asabwa gushyira ifoto ku mwirondoro wa buri mukandida bikorerwe muri SDMS no guhitamo amashuri umwana yifuza kuzigamo mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye.

Umukandinda wo mu cyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye (S3) asabwa gushyira ifoto ku mwirondoro wa buri mukandida bikorewe muri SDMS, gutegura indangamanota y’umwaka wa mbere (S1 )n’umwaka wa kabiri (S2) no guhitamo amashuri n’amashami umwana yifuza kuzigamo mu mwaka wa kane (S4).

Umukandinda wo mu cyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye (S6, L5, Y3) asabwa gushyira ifoto ku mwirondoro wa buri mukandida bikorewe muri SDMS, gutegura indangamuntu, kwandika no kwemeza indangamuntu muri SDMS, gutegura indangamanota y’umwaka wa kane (S4, L3, Y1) n’iy’umwaka wa gatanu ($5, L4, Y2) ndetse no gutegura icyangombwa kigaragaza ko umunyeshuri yarangije icyiciro rusange (S3), ikizwi nka ‘Result Slip’.

NESA yibukije abayobozi b’ibigo by’amashuri ko nta shuri ryemerewe gusaba abanyeshuri amafaranga yo kwiyandikisha cyangwa aya serivisi zijyanye no kwiyandikisha mu gukora Ibizamini bya Leta.

NESA yatangaje igihe abazakora ibizami bya leta baziyandikishirizaho

Emmy

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago