UBUREZI

NESA yatangaje igihe abitegura gukora ibizami bya Leta baziyandikishirizaho

Ikigo Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri, NESA, cyatangaje ko kuva tariki ya 26 Gashyantare kugeza ku wa 31 Werurwe 2024, abanyeshuri bazakora Ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2023/2024 bazaba bari kwiyandikisha.

Bikubiye mu Itangazo ryasohowe n’ubuyobiz bwa NESA rimenyesha abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza, ay’iyisumbuye yigisha inyigisho rusange, atanga inyigisho mbonezamwuga ndetse n’amashuri yisumbuye ya Tekinike (TSS).

Kwandika abo abanyeshuri bazakora ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2023/2024 bizatangira gukorwa kuva kuwa Mbere tariki ya 26 Gashyantare kugeza ku Cyumweru tariki ya 31 Werurwe2024.

NESA itangaza ko kugirango umukandida wo mu mashuri abanza, P6, yiyandikishe asabwa gushyira ifoto ku mwirondoro wa buri mukandida bikorerwe muri SDMS no guhitamo amashuri umwana yifuza kuzigamo mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye.

Umukandinda wo mu cyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye (S3) asabwa gushyira ifoto ku mwirondoro wa buri mukandida bikorewe muri SDMS, gutegura indangamanota y’umwaka wa mbere (S1 )n’umwaka wa kabiri (S2) no guhitamo amashuri n’amashami umwana yifuza kuzigamo mu mwaka wa kane (S4).

Umukandinda wo mu cyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye (S6, L5, Y3) asabwa gushyira ifoto ku mwirondoro wa buri mukandida bikorewe muri SDMS, gutegura indangamuntu, kwandika no kwemeza indangamuntu muri SDMS, gutegura indangamanota y’umwaka wa kane (S4, L3, Y1) n’iy’umwaka wa gatanu ($5, L4, Y2) ndetse no gutegura icyangombwa kigaragaza ko umunyeshuri yarangije icyiciro rusange (S3), ikizwi nka ‘Result Slip’.

NESA yibukije abayobozi b’ibigo by’amashuri ko nta shuri ryemerewe gusaba abanyeshuri amafaranga yo kwiyandikisha cyangwa aya serivisi zijyanye no kwiyandikisha mu gukora Ibizamini bya Leta.

NESA yatangaje igihe abazakora ibizami bya leta baziyandikishirizaho

Emmy

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago