UBUTABERA

RIB yafunze abantu umunani bakekwaho uburiganya mu bizamini by’akazi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rufunze abantu umunani, rukaba rubacyekaho ibyaha by’uburiganya mu ikorwa ry’ibizamini by’akazi.

Advertisements

Abafunzwe barimo abagenzuzi b’imari bane; barimo n’uwo mu Kigo cy’Igihugu Gishinzwe Amakoperative (RCA), Uwo mu Rwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere mu Rwanda (RGB) uwo mu ka karere Ruhango ndetse n’uwo mu ka Ngoma.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yasobanuye ko abandi bafunzwe harimo abakozi bashinzwe Ishoramari n’Ubutegetsi mu mirenge ya Gishubi, Kansi, Kigembe na Gikonko y’akarere ka Gisagara.

Umuvugizi wa RIB Dr Murangira B. Thierry

Yavuze ko aba bose bakurikiranyweho ibyaha bitanu birimo kwaka no kwakira indonke, kwihesha ikintu cyundi ukoresheje uburiganya,kudasobanura inkomoko y’umutungo, kwinjira mu makuru abitse muri mudasobwa cyangwa cyangwa mu rusobe rwa mudasobwa ndetse kwiyitirira umwirondoro.

RIB ivuga ko uko ibyaha byakozwe harimo kwiba ibizamini mu ikoranabuhanga rya Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) rizwi nka E-recruitment no kurigurisha abagiye guhatanira umwanya w’akazi ahantu hatandukanye muri leta.

Dr Murangira uvugira RIB avuga ko ikizami kimwe wasangaga kigurishwa arenze 500,000 Frw ndetse ko iperereza rikomeje.

Yunzemo ko “iperereza rirakomeje, kugira ngo hatahurwe uwo ariwe wese wabigizemo uruhare, harimo n’abagiye mu mirimo muri ubwo buryo bw’uburiganya.”

Ibyaha abafunzwe bakurikiranyweho bihanishwa ibihano bitandukanye aho igihano gito ari imyaka ibiri naho igihano kinini ari imyaka 10 ndetse n’ihazabu ishobora kuva kuri Miliyoni 3 Frw kugera kuri Miliyoni 5 frw z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye cyangwa iz’umutungo adashobora kugaragaza.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago