UBUTABERA

RIB yafunze abantu umunani bakekwaho uburiganya mu bizamini by’akazi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rufunze abantu umunani, rukaba rubacyekaho ibyaha by’uburiganya mu ikorwa ry’ibizamini by’akazi.

Abafunzwe barimo abagenzuzi b’imari bane; barimo n’uwo mu Kigo cy’Igihugu Gishinzwe Amakoperative (RCA), Uwo mu Rwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere mu Rwanda (RGB) uwo mu ka karere Ruhango ndetse n’uwo mu ka Ngoma.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yasobanuye ko abandi bafunzwe harimo abakozi bashinzwe Ishoramari n’Ubutegetsi mu mirenge ya Gishubi, Kansi, Kigembe na Gikonko y’akarere ka Gisagara.

Umuvugizi wa RIB Dr Murangira B. Thierry

Yavuze ko aba bose bakurikiranyweho ibyaha bitanu birimo kwaka no kwakira indonke, kwihesha ikintu cyundi ukoresheje uburiganya,kudasobanura inkomoko y’umutungo, kwinjira mu makuru abitse muri mudasobwa cyangwa cyangwa mu rusobe rwa mudasobwa ndetse kwiyitirira umwirondoro.

RIB ivuga ko uko ibyaha byakozwe harimo kwiba ibizamini mu ikoranabuhanga rya Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) rizwi nka E-recruitment no kurigurisha abagiye guhatanira umwanya w’akazi ahantu hatandukanye muri leta.

Dr Murangira uvugira RIB avuga ko ikizami kimwe wasangaga kigurishwa arenze 500,000 Frw ndetse ko iperereza rikomeje.

Yunzemo ko “iperereza rirakomeje, kugira ngo hatahurwe uwo ariwe wese wabigizemo uruhare, harimo n’abagiye mu mirimo muri ubwo buryo bw’uburiganya.”

Ibyaha abafunzwe bakurikiranyweho bihanishwa ibihano bitandukanye aho igihano gito ari imyaka ibiri naho igihano kinini ari imyaka 10 ndetse n’ihazabu ishobora kuva kuri Miliyoni 3 Frw kugera kuri Miliyoni 5 frw z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye cyangwa iz’umutungo adashobora kugaragaza.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago