INKURU ZIDASANZWE

Inyeshyamba zo muri Centrafrica na zo zatangiye kwinjira muri DRC

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 24 Gashyantare, sosiyete sivile yatangaje ko abarwanyi bo mu nyeshyamba zo muri Centrafrica, zo mu mutwe wa Seleka, muri iki cyumweru zinjiye mu duce tubiri duturanye, two muri Teritwari ya Ango mu Ntara ya Bas-Uélé muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ibi ngo byabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira kuwa Gatatu muri iki cyumweru ahagana mu ma saa tanu z’ijoro.

Izi nyeshyamba zo muri Centrafrica zasahuye amatungo amwe yo mu ngo mbere yo kwirukanwa n’abasirikare bo mu ngabo za DRC (FARDC) zatabaye abaturage nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga.

Bivugwa ko ari inyeshyamba umunani za Seleka zinjiye bitunguranye mu gace ka Banda.

Nk’uko sosiyete sivile yaho ibivuga, ngo inyeshyamba eshatu zerekeje mu nkambi ya Mbororo zishakisha abantu babiri ku mpamvu zitasobanutse.

Ibimenyeshejwe n’abaturage, abasirikare ba FARDC bafite icyicaro muri kariya karere ngo bagize icyo bakora barasa amasasu make kugira ngo bakange abateye. Aba byabaye ngombwa ko bahunga.

Amakuru avuga ko kuri uwo mugoroba, abandi barwanyi batanu bagaragaye mu murima w’umuhinzi, uherereye ku birometero 18 uvuye i Banda.

Bivugwa ko bakoreye iyicarubozo nyir’umurima mbere yo gutwara amatungo ye icumi arimo ihene n’intama.

Umuyobozi wa Teritwari ya Ango, Marcelin Lekabusia yemeje aya makuru. Yongeraho ko FARDC ikomeje gukurikirana izo nyeshyamba zo muri Centrafrica.

Inyeshyamba zo muri Centrafrica na zo zatangiye kwinjira muri DRC

Emmy

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago