Donald Trump arabura gato ngo atsindire kandidatire y’ishyaka ry’Abarepublikani nyuma yo gutsinda cyane Nikki Haley amutsindiye iwabo muri Caroline y’Amajyepfo.
Uwahoze ari perezida yatsindiye uwo bahanganye w’ibanze iwabo amurusha amajwi 20, mu ntsinzi ye ya kane yikurikiranya.
Donald Trump ntacyo yavuze ku mukeba we ubwo yishimiraga intsinzi, ahubwo ahanze amaso amatora rusange yo mu Gushyingo nkuko tubikesha BBC.
Birashoboka ko ashobora kongera guhangana n’uwamusimbuye muri White House atigeze yemera intsinzi ye avuga ko yibwe amajwi mu matora aheruka yari agiye gukurikirwa n’intambara hagati y’abaturage.
Yatangarije abamushyigikiye nyuma y’iminota mike ibitangazamakuru byo muri Amerika bitangaje ko yatsinze mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, ati: “Tugiye kureba Joe Biden mu maso.” “Arimo gusenya igihugu cyacu kandi tugiye kuvuga ngo ’sohoka Joe, urirukanwe’.”
Trump yashimye “ubumwe” bw’ishyaka rye nyuma y’ibyavuye mu matora yo ku wa Gatandatu, agira ati: “Ntabwo uyu mwuka wigeze ubaho. Sinigeze mbona ishyaka ry’Abarepubulika ryunze ubumwe.”
Nikki Haley, wigeze kuba Guverineri wa Carolina y’Amajyepfo wamamaye cyane muri manda ebyiri, yashimye uwo bahanganye ku ntsinzi ye mu ijambo rye.
Yahize ko azakomeza guhatanira itike yo guhagararira ishyaka rye mu matora, avuga ko hafi 40% by’amajwi yabonye atari “itsinda rito”.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…