POLITIKE

Barasaba Uburundi kurekura umunyamakuru Floriane Irangabiye nta mananiza

Ishyirahamwe ry’abanyamakuru baharanira Ubwisanzure bw’itangazamakuru muri Afurika (UJPLA) ryasabye ubutegetsi bw’u Burundi kurekure umunyamakuru Floriane Irangabiye nta mananiza.

Advertisements

Ni mu itangazo ryashyizwe hanze n’iri shyirahamwe, risaba ubuyobozi bw’u Burundi kurekure Irangabiye nta mananiza ko ndetse bukwiriye kureka ubwisanzure bw’itangazamakuru, abanyamakuru ntibahorwe akazi kabo.

Muri Kanama 2022 nibwo inzego z’ubutasi mu Burundi zataye muri yombi Madamu Irangabiye wari warashize Radiyo IGICANIRO y’umvikananiraga kuri Murandasi.

Ni nyuma y’uko yari yagiye gusura umuryango mu Burundi nyuma y’igihe yari amaze aba mu buhungiro mu Rwanda.

Icyo gihe inzego z’umutekano zashinjaga Floriane Irangabiye guha urubuga abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Gitega binyuze mu biganiro yakoraga akabatumira bakanenga ubutegetsi.

Muri Mutarama 2023, Urukiko rwa Mukaza rwamukatiye igifungo cy’imyaka 10 rumuca n’ihazabu ya miliyoni 1 y’amafaranga y’Amarundi, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kugambirira guhungabanya umutekano w’igihugu.

Yaregwaga gukorana n’imitwe yiywaje intwaro irwanya Leta y’u Burundi, yaje kujurira ariko na none muri Mutarama 2024, Urukiko rw’Ikirenga rumuhamya ibyo byaha runagumishaho igifungo cy’imyaka 10 muri Gereza.

Floriane Irangabiye

Emmy

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago