IMIKINO

Mbappé yasangiye kumeza amwe na Perezida w’Ubufaransa Macron na Emir wa Qatar-AMAFOTO

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 27 Gashyantare 2024, Umukinnyi w’umupira w’amaguru Kylian Mbappé yahuye na Emir wa Qatar na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Advertisements

Uyu mukinnyi umaze kuba igihangange abikesha ukuguru kwe, Kylian Mbappé yagiye muri Élysée Palace ku butumire bwa Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Mbappe ubwo yageraga i Élysée Palace

Uretse kuhahurira na Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani yahahuriye na Perezida w’ikipe ya PSG, Nasser Al-Khelaifi.

Ku meza y’ibiganiro nta cyakomojweho ku hazaza he muri PSG yamaze kumenyesha ko atazakomeza kuyikinira. Amakuru menshi akaba amwerekeza muri Real Madrid.

Mbappe uzwiho kugirana umubano mwiza na Perezida w’Ubufaransa, yasuhuje Perezida Macron nyuma yo kugera ahabereye ibi birori.

Macron yahise abwira Mbappe ati: “Ugiye kudutera ibibazo byinshi”.

Mbappe asuhuzanya n’umugore wa Perezida w’Ubufaransa Brigitte Marie-Claude Trogneux

Mu bihe byashize, Macron yinjiye mu bibazo by’iyi kipe kuko ari umwe muri bake bemeje Mbappe gusinya amasezerano aheruka muri PSG ubwo yari hafi kwerekeza mu ikipe y’inzozi ze, Real Madrid.

Uyu musore w’imyaka 25, n’umukinnyi w’ingenzi muri PSG, kuko amaze gutsinda ibitego 32 muri uyu mwaka w’imikino ndetse byongeyeho kuba umukinnyi umaze kuyitsindira ibitego byinshi muri rusange.

Hagati aho, amasezerano ye azarangira mu mpera z’uyu mwaka w’imikino ndetse amahirwe menshi nuko azerekeza i Santiago Bernabeu.

Ibitangazamakuru byinshi byatangaje ko yamenyesheje PSG icyemezo yafashe cyo kuyivamo, nyuma y’uyu mwaka w’imikino, kuko Real Madrid iri imbere mu kumusinyisha.

Andi makuru avuga ko Mbappe ubusanzwe byamaze kwemezwa ko yasinye imyaka itanu muri Real Madrid, hakaba hasigaye gusa kubishyira hanze n’iyi kipe ibarizwa i Bwami.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago