Mu ntangiro z’iki cyumweru nibwo hacicikanye amakuru y’itandukana rya Zari n’umugabo we Shakib Lutaaya ndetse binavugwa ko umuhanzi Diamond Platinumz ariwe ubiri inyuma.
Byatangiye gushyuha ubwo hashyirwaga hanze amashusho Zari arikumwe na Diamond bafatanye agatoki ku kandi. Aya mashusho yariye Shakib afata umwanzuro wo gutandukana na Zari n’ubwo we yatangaje ko amakimbirane yabo yatangiye mu mpera z’umwaka ushize.
Mu kiganiro Shakib yagiranye n’umunyamakuru wigenga wo muri Tanzania witwa Mange Kimambi, ko yababajwe n’uburyo umugore we yitwaye imbere y’uwahoze ari umugabo we. Ati “Ariya mashusho arenze intekerezo”
Abajijwe uko yabyakiriye,Lutaaya yavuze ko byari bibi cyane ko habayemo agasuzuguro.
Uretse Zari watandukanye n’uyu mugabo we, ku ruhande rwa Diamond na Zuchu umubano wahise uhagarara ndetse uyu muhanzikazi atangaza ko batandukanye.
Ikinyamakuru Uganda pulse, cyanditse ko Diamond akimara kubona Zuchu atangaje ku mbuga nkoranyambaga ze ko ibyabo byarangiye, yahise ahagurutsa indege ye bwite amusanga Zanzibar amusaba imbabazi.
Ni mu gihe nyamara amakuru avuga ko amashusho yabaye intandaro y’itandukana ryabo, yafashwe Zuchu n’abana ba Diamond bari hafi aho ariko nyuma icyemezo yaje gufata cyo kwigumura cyatunguye benshi.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…