IMIKINO

Umukinnyi wa Bugesera Fc yatawe muri yombi azira ubusinzi

Habarurema Gahungu usanzwe ari umunyezamu w’ikipe ya Bugesera FC yafashwe na Polisi atwaye imodoka yasinze, nyuma y’ibyishimo byo guhembwa ibirarane by’amezi atanu icyarimwe.

Advertisements

Ni igikorwa cyabaye ku mugoroba wo kuwa Gatatu tariki 28 Gashyantare 2024, mu mujyi wa Nyamata mu Karere ka Bugesera.

Habarurema wakiniye Sunrise FC na Police FC arafunze nyuma y’aho afatiwe mu mujyi wa nyamata atwaye imodoka yasinze bivuze ko agiye gufungwa iminsi itanu nk’uko amategeko abiteganya.

Habarurema Gahungu yatawe muri yombi azira ubusinzi

Amakuru avuga ko Habarurema yafashwe ubwo yari avuye mu Mujyi wa Kigali agana mu Karere ka Bugesera.

Uyu Munyezamu ntazagaragara mu mukino wa Shampiyona w’umunsi wa 23 Bugesera FC izakiramo Mukura Victory Sports ku wa Gatandatu tariki 2 Werurwe 2024 kuri Stade ya Bugesera.

Gahungu yafashwe yanyoye ibisindisha nyuma y’uko Ikipe ya Bugesera FC yishyuye abakozi bayo imishahara y’amezi atanu icyarimwe yari ibabereyemo.

Icyakora kugeza kuri ubu ntiharamenyekana nimba n’ikipe ya Bugesera Fc ishobora kumufatira ibihano nyuma y’ibyo yahawe na Polisi.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago