Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa yasubitse urugendo rwe rwerekeza I Victoria kubera kwikanga ibitero ku bibuga by’indege bitandukanye by’iki gihugu, nk’uko umuvugizi we George Charamba yabitangaje.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, taliki 01 Werurwe 2024, abayobozi b’ikibuga cy’indege cya Zimbabwe, Robert Gabriel International Airport, bohererejwe ubutumwa bwanyujijwe kuri imeri(email), buvuga ko hashobora guterwa ibisasu.
Ubu butumwa bwahise bumenyeshwa perezida maze bituma indege yarimo isubira inyuma urugendo rurasubikwa.
Umuvugizi wa Munangagwa , yavuze ko ibyo byabaye mu rwego rwo gukaza umutekano w’umukuru w’Igihugu. Yagize Ati: “Mu rwego rwo gukumira ikibazo cy’umutekano mucye mu gihugu inzego z’umutekano ubu ziri maso cyane nyuma y’ubu butumwa nabwo bukomeje gukorwaho iperereza.”
Yavuze ko Mnangagwa yagombaga gutanga ikiganiro mu nama yabereye mu mujyi i Victoria , ariko ko yahagaritse urugendo rwe kugira ngo habanze gukorwa iperereza, anasaba abaturage gukomeza gutuza.
Ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Zimbabwe byatangaje ko indege bwite ya Mnangagwa yabanje guhaguruka iminota mike yerekeza ku kibuga cy’indege cya Victoria Falls, ariko nyuma yo kumenya ayo makuru ihita isubira mu murwa mukuru Harare.
Nk’uko amakuru aturuka muri Zimbabwe avuga ko ngo indege ya Air Zimbabwe yari irimo abagenzi yafungiwe ahitwa Victoria Falls, mu gihe indege ya Kenya Airways yerekeje i Livingstone muri Zambia.
Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…