POLITIKE

Perezida Mnangagwa yasubitse urugendo nyuma yo kubwirwa ko indege ye yaraswaho ibiturika

Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa yasubitse urugendo rwe rwerekeza I Victoria kubera kwikanga ibitero ku bibuga by’indege bitandukanye by’iki gihugu, nk’uko umuvugizi we George Charamba yabitangaje.

Advertisements

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, taliki 01 Werurwe 2024, abayobozi b’ikibuga cy’indege cya Zimbabwe, Robert Gabriel International Airport, bohererejwe ubutumwa bwanyujijwe kuri imeri(email), buvuga ko hashobora guterwa ibisasu.

Ubu butumwa bwahise bumenyeshwa perezida maze bituma indege yarimo isubira inyuma urugendo rurasubikwa.

Umuvugizi wa Munangagwa , yavuze ko ibyo byabaye mu rwego rwo gukaza umutekano w’umukuru w’Igihugu. Yagize Ati: “Mu rwego rwo gukumira ikibazo cy’umutekano mucye mu gihugu inzego z’umutekano ubu ziri maso cyane nyuma y’ubu butumwa nabwo bukomeje gukorwaho iperereza.”

Yavuze ko Mnangagwa yagombaga gutanga ikiganiro mu nama yabereye mu mujyi i Victoria , ariko ko yahagaritse urugendo rwe kugira ngo habanze gukorwa iperereza, anasaba abaturage gukomeza gutuza.

Ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Zimbabwe byatangaje ko indege bwite ya Mnangagwa yabanje guhaguruka iminota mike yerekeza ku kibuga cy’indege cya Victoria Falls, ariko nyuma yo kumenya ayo makuru ihita isubira mu murwa mukuru Harare.

Nk’uko amakuru aturuka muri Zimbabwe avuga ko ngo indege ya Air Zimbabwe yari irimo abagenzi yafungiwe ahitwa Victoria Falls, mu gihe indege ya Kenya Airways yerekeje i Livingstone muri Zambia.

Emmy

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago