INKURU ZIDASANZWE

M23 yemeje ko yakabye agace Gen Sultan Makenga avukamo

Lt.Col Willy Ngoma, Umuvugizi w’Igisirikare cya M23 yemeje ko bamaze kwirukana FARDC n’abambari bayo i Nyanzale ku ivuko rya Gen Sultan Makenga, hari hamaze igihe hafitwe na FDLR.

Advertisements

Ku mugoroba wo ku wa 5 Werurwe 2024, Lt. Col Willy Ngoma yavuze ko Intare za Sarambwe ziganje ku butaka bw’abasokuruza bazo.

Yagize ati “Nyanzale irahumeka ituze no gutabarwa kw’abahungu bayo babikwiriye.”

Nyanzale niho Gen Sultan Makenga avuka

Nyanzale ni Umujyi muto uherereye muri Teritwari ya Rutshuru, byibura mu bilometero 130 ugana mu majyaruguru y’Umujyi wa Goma.

Imyaka igera kuri 25 yari ishize Nyanzale yarabaye icumbi rikomeye ry’umutwe wa FDLR wasize uhekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

M23 gufata Nyanzale birasatira kwigarurira ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro bya SOMIKIVU bifatwa nk’ibya kabiri nyuma ya Rubaya yo muri Masisi.

Muri ibyo birombe by’i Lueshe biri mu bilometero 100 mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’Umujyi wa Goma hacukurwamo “Niobium”.

Aya mabuye akoreshwa mu gukora ibyuma bidasanzwe, moteri z’indege, imiyoboro y’ibyogajuru, roketi z’imbunda nini n’izindi ntwaro.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago