POLITIKE

Perezida Kagame yashimangiye ko atayoborana igitugu

Perezida Kagame mu kiganiro n’ikinyamakuru Le Figaro cyo mu Bufaransa, cyagarutse ku ngingo zitandukanye zijyanye n’ubuzima bw’igihugu aho yemeje ko atabona icyo abamwita umunyagitugu bashingiraho.

Advertisements

Perezida Kagame yavuze ko atigeze atekereza ko azaba Perezida ahubwo byaje nk’impanuka aho yemeje ko no gukomeza kuyobora bizagenwa n’ishyaka rye.

Yagize ati “Ni uburenganzira bwabo [kumwita umunyagitugu], icyakora sinzi icyo bashingiraho banyita gutyo. Sinshobora gusaba imbabazi z’icyo ndicyo cyangwa se icyo nteganya gukorera igihugu cyanjye. Nta na rimwe nigeze ntekereza ko umunsi umwe nzaba ndi hano nka Perezida, byaje nk’impanuka. Ndababwiza ukuri, hari ibintu utagiramo uruhare, ibintu utashobora kugena uko bigenda ariko uko byamera kose bikaba, ni uko ndi hano.”

Abajijwe niba azakomeza kuyobora u Rwanda kugeza 2034 nkuko abyemererwa,Perezida Kagame yagize ati :”Ishyaka ryanjye niryo rizafata umwanzuro niba nziyamamaza mu matora yo muri Nyakanga. Ku by’ahazaza byo ntabwo mbizi. N’iyo naba nshaka kugeza icyo gihe, sinjye wo kubifataho umwanzuro njye nyine. Iby’ahazaza sinjye ubigena.”

Perezida Kagame abajijwe ku bibazo biri muri RDC ndetse no kuba u Rwanda rushinjwa gutera inkunga M23,yagize ati: “Ariko abantu bo muri M23, ni abaturage bafite ubwenegihugu bwa Congo, muri make icyo ni ikibazo kireba Congo. Ku bindeba, nasaba Félix Tshisekedi gushyira iherezo ku bwicanyi bukorwa na FDLR, umutwe ugizwe ahanini n’intagondwa z’Abahutu, zagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bagahungira muri RDC.

Ni ngombwa ko imvugo zihembera urwango zituruka hakurya y’imipaka zihagarara, hamwe n’ibikorwa byo gutwika abantu bikorerwa mu muhanda. Ni ibikorwa biri kubera muri Afurika yo hagati Isi yose ireba.”

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago