POLITIKE

Perezida Kagame yatorewe kuzahagararira Umuryango FPR Inkotanyi mu matora 2024

Perezida Kagame yatorewe guhagararira umuryango FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’igihugu ateganyijwe muri Nyakanga 2024, abwira abanyamuryango ko ‘bagomba gutekereza ku uzamusimbura’.

Perezida Kagame yagize amajwi 99.1% akaba yari umukandida rukumbi. Yashimye icyizere abanyamuryango bahora bamugirira, avuga ko u Rwanda rufite umwihariko.

Ati ‘Iki gihugu cyacu uko kingana uko giteye uko kimeze kose bihereye ku mwihariko w’imiterere bifite icyo bidusaba gishobora kuba gitandukanye n’ibyo abo mu bindi bihugu basaba. Ni umwihariko ushingira ku mateka, ku majyambere tugezeho, ushingira no ku muco wacu”.

Abanyamuryango bishimiye umukandida wabo

Yavuze ko no guhitamo abayobozi bishingira kuri uwo mwihariko.

Perezida Kagame yongeye gusaba abanyamuryango ba FPR Inkotanyi gutekereza ku wazamusimbura.

Perezida Kagame ati “Nabashimiye icyizere. Muri 2010 na bwo mwangiriye icyizere, muri Petit Stade ariko twarabanje turaganira. Ndababwira nti ‘Ariko munatekereze n’uko hari n’ibyahinduka”

Perezida Kagame yatorewe kuzongereza kwiyamamaza nk’umukandida wa RPF Inkontanyi

Yibukije ko hari umushoramari w’i Rusizi wavuze icyo gihe ko niba Perezida atari umukandida yahitamo kuba impunzi ngo kubera ubwoba afite bw’ibyaba igihe igihugu cyaba kiyoborwa n’undi utari Kagame.

Perezida Kagame ati “Bivuga ko tudaha abo tuyobora icyizere gihagije. Ni iki kigaragaza ko akazi dufite imbere gakomeye kurusha uko mubitekereza.

Ati “Ikindi cya kabiri, erega turi ku isi, turi abantu. Byashoboka bite ko twakwicara uko tungana dutya nk’abayobozi ntidutekereze ukuntu muri twe hatekerezwa, hategurwa uwakora nk’iby’undi mushima…Umuzigo munkoreye ndawemeye ariko ndashaka uwantura kandi ari muri mwe muri hano”

Umuryango FPR Inkotanyi kandi wanatangaje abantu 70 bazawuhagararira mu matora y’Abadepite ateganyijwe kuzabera rimwe n’ay’Umukuru w’Igihugu muri Nyakanga 2024.

Abitabiriye igikorwa cya RPF Inkontanyi bafashe ifoto y’urwibutso

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

19 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

20 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

20 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago