MU MAHANGA

Gbagbo wagizwe umwere na ICC arashaka kongera kwiyamamariza kuyobora Cote d’Ivoire

Kuri uyu wa Gatandatu, Uwahoze ari Perezida wa Cote d’Ivoire, Laurent Gbagbo, yemeje ko ari mu bahazatanira kuzayobora ishyaka yashinze mu matora ya perezida yo mu 2025, nk’uko umuvugizi Katinan Kone yabitangarije Reuters nyuma y’inama ya komite nkuru y’ishyaka.

Gbagbo, wabaye perezida w’igihugu cyo muri Afurika y’Iburengerazuba kuva mu 2000 kugeza 2011, yatangije ishyaka rye, African People’s Party – Cote d’Ivoire (PPA-CI) mu 2021 nyuma yo kugirwa umwere ku byaha by’intambara n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) asubira mu gihugu nyuma y’imyaka icumi ari mu mahanga.

Laurent Gbagbo arifuza kongera kuyobora igihugu cya Cote d’Ivoire

Yagizwe umwere mu 2019 na ICC ifite icyicaro mu Buholandi ashinjwa kugira uruhare mu ntambara y’abenegihugu yatewe no kuba yaranze kwemera ko yatsinzwe mu matora.

Gbagbo yatakaje ubuyobozi bw’ishyaka yari yarashinze mbere, Ivorian Popular Front (IPF), riyoborwa n’uwahoze ari inshuti ye igihe yari afunzwe ategereje kuburanishwa mu Buholandi imyaka itari mike, ariko agumana abayoboke benshi mu rugo.

Biteganijwe ko amatora azaba mu Kwakira 2025. Perezida Alassane Ouattara wongeye gutorwa mu 2020, ntaragira icyo atangaza ku bijyanye no kwiyamamaza mu matora ateganyijwe.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

19 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

19 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

20 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

20 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago