Kuri uyu wa Gatandatu, Uwahoze ari Perezida wa Cote d’Ivoire, Laurent Gbagbo, yemeje ko ari mu bahazatanira kuzayobora ishyaka yashinze mu matora ya perezida yo mu 2025, nk’uko umuvugizi Katinan Kone yabitangarije Reuters nyuma y’inama ya komite nkuru y’ishyaka.
Gbagbo, wabaye perezida w’igihugu cyo muri Afurika y’Iburengerazuba kuva mu 2000 kugeza 2011, yatangije ishyaka rye, African People’s Party – Cote d’Ivoire (PPA-CI) mu 2021 nyuma yo kugirwa umwere ku byaha by’intambara n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) asubira mu gihugu nyuma y’imyaka icumi ari mu mahanga.
Yagizwe umwere mu 2019 na ICC ifite icyicaro mu Buholandi ashinjwa kugira uruhare mu ntambara y’abenegihugu yatewe no kuba yaranze kwemera ko yatsinzwe mu matora.
Gbagbo yatakaje ubuyobozi bw’ishyaka yari yarashinze mbere, Ivorian Popular Front (IPF), riyoborwa n’uwahoze ari inshuti ye igihe yari afunzwe ategereje kuburanishwa mu Buholandi imyaka itari mike, ariko agumana abayoboke benshi mu rugo.
Biteganijwe ko amatora azaba mu Kwakira 2025. Perezida Alassane Ouattara wongeye gutorwa mu 2020, ntaragira icyo atangaza ku bijyanye no kwiyamamaza mu matora ateganyijwe.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…