MU MAHANGA

Gbagbo wagizwe umwere na ICC arashaka kongera kwiyamamariza kuyobora Cote d’Ivoire

Kuri uyu wa Gatandatu, Uwahoze ari Perezida wa Cote d’Ivoire, Laurent Gbagbo, yemeje ko ari mu bahazatanira kuzayobora ishyaka yashinze mu matora ya perezida yo mu 2025, nk’uko umuvugizi Katinan Kone yabitangarije Reuters nyuma y’inama ya komite nkuru y’ishyaka.

Advertisements

Gbagbo, wabaye perezida w’igihugu cyo muri Afurika y’Iburengerazuba kuva mu 2000 kugeza 2011, yatangije ishyaka rye, African People’s Party – Cote d’Ivoire (PPA-CI) mu 2021 nyuma yo kugirwa umwere ku byaha by’intambara n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) asubira mu gihugu nyuma y’imyaka icumi ari mu mahanga.

Laurent Gbagbo arifuza kongera kuyobora igihugu cya Cote d’Ivoire

Yagizwe umwere mu 2019 na ICC ifite icyicaro mu Buholandi ashinjwa kugira uruhare mu ntambara y’abenegihugu yatewe no kuba yaranze kwemera ko yatsinzwe mu matora.

Gbagbo yatakaje ubuyobozi bw’ishyaka yari yarashinze mbere, Ivorian Popular Front (IPF), riyoborwa n’uwahoze ari inshuti ye igihe yari afunzwe ategereje kuburanishwa mu Buholandi imyaka itari mike, ariko agumana abayoboke benshi mu rugo.

Biteganijwe ko amatora azaba mu Kwakira 2025. Perezida Alassane Ouattara wongeye gutorwa mu 2020, ntaragira icyo atangaza ku bijyanye no kwiyamamaza mu matora ateganyijwe.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago