IMIKINO

Umukinnyi w’icyamamare Yutaka Yoshie yapfuye bitunguranye

Umuyapani Yutaka Yoshie wamamaye mu mukino njyarugamba ku bantu baba bafite ibiro byinshi yapfuye ku myaka 50 nyuma y’amasaha make gusa avuye n’ubundi gukina umukino wari uwanyuma kuriwe.

Advertisements

Amakuru avuga ko nyuma y’uwo mukino ubuzima bwe bwaje kutamererwa neza bigeraho yahise yoherezwa no kwa muganga igitaraganya.

Urupfu rwe rwemejwe na All Japan Pro Wrestling, kompanyi Yoshie yarwaniye umukino we wa nyuma kuri uwo munsi.

Yutaka Yoshie byemejwe ko yapfuye avuye gukina umukino we wa nyuma

Nyakwigendera yari yarwaniye mu marushanwa yitiriwe Takasaki, aho yaje gupfa kandi akaba yari umukino we wa nyuma muri iyo mirwano.

Nk’uko bitangazwa niyo kompanyi, ivuga ko uyu munyabigwi wanegukanye igihembo cy’umukinnyi ku rwego rw’Isi ‘All Japan Pro Wrestling’ yaje kumererwa nabi abanza gushyirwa mu cyumba cyihariye kugira ngo yitabweho.

Itangazo ryagize riti “Nyuma y’umukino Yutaka Yoshie yajyanwe mu cyumba kugira ngo yitabweho, ubuzima bwe bwaje gukomererwa mu buryo butunguranye, ahita ajyanwa mu bitaro byo mu mujyi wa Takasaki, ariko ntiyigeze asubira mu rugo.”

WrestlingInc yatangaje ko Yoshie yatangiye umwuga we mu 1994 akaba yari yiteguye kwizihiza imyaka mirongo itatu atangiye uyu mukino njyarugamba mu mpera z’uyu mwaka.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago