IMIKINO

Ikipe ya Kiyovu Sports yemeje ko yahagaritse Seif imikino ya shampiyona yose isigaye

Mu ibaruwa yandikiwe Niyonzima Olivier Seif usanzwe ari Kapiteni wayo, yamumenyeshe ko ahagaritswe imikino igera kuri itandatu isigaye ya shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda ikaba ariyo yarisigaye muri rusange.

Advertisements

Komite Nyobozi ya Kiyovu Sports niyo yahagaritse Kapiteni wayo, Niyonzima Olivier Seif imushinja kutubahiriza ibiri mu masezerano bagiranye mu mwaka wa 2023.

Kiyovu Sports ishinja uyu mukinnyi kagaragarwaho n’imimyitwarire idahwitse akaba ari nayo mpamvu yahagaritswe kugeza shampiyona ya 2023-2024 irangiye.

Iyi kipe muri uyu mwaka w’imikino ifite ibibazo by’amikoro bikomeye, imaze amezi hafi 5 itabasha guhemba abakozi bayo.

Kiyovu Sports yahuye n’ikibazo gikomeye mu ntangiriro z’uyu mwaka w’imikino ubwo bishyuraga abanya-Sudan Shaiboub na John Mano n’umukongomani Vuvu amafaranga arenga 80M.

Ubu Kiyovu yanafatiwe ibihano na FIFA byo kutagura abakinnyi kubera kwambura abari abakozi bayo mu bihe bigiye bitandukanye.

Kuri ubu Seif ari mu myitozo y’ikipe y’igihugu ’Amavubi’ ifite imikino 2 muri Madagascar, ndetse ni na we mukinnyi wenyine wa Kiyovu wahamagawe mu ikipe y’igihugu iyo ariyo yose.

Seif yahamagawe mu ikipe y’Igihugu

Christian

Recent Posts

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

10 hours ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

5 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

5 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

6 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

6 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

6 months ago