RWANDA

Polisi yashyizeho ibihano bikarishye ku mushoferi uzagaragara ko yatendetse mu Mujyi wa Kigali

Abatega imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, barasaba inzego zibishinzwe gukemura ikibazo cy’uburyo batwarwa kuko bishyira mu kaga ubuzima bwabo.

Advertisements

Ni ikibazo kandi bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko bagejeje kuri Guverinoma kugira ngo gishakirwe umuti mu maguru mashya.

Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara izi modoka kwirinda kurenza uyu mubare kuko uzafatwa yarenze kuri aya mabwiriza azajya ahanishwa amande y’ibihumbi 30 by’amafaranga y’u Rwanda ku mugenzi umwe gusa yarengejeho.

Mu masaha ya mu gitondo, muri gare ya Nyabugogo kimwe n’ahandi hahurira imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, uhasanga urujya n’uruza rw’abatega imodoka bajya ku kazi ndetse n’abanyeshuri bajya ku mashuri, uburyo batwarwamo ntibubashimisha.

Nyamara ikibazi si imodoka nke ahubwo ngo biterwa no kutumvikana kw’abazitwara, bituma zimwe zigenda zarengeje umubare w’abo zigomba gutwara ku buryo izindi zibura abo zitwara.

Umuvugizi wa Police, ACP Rutikanga Boniface avuga ko iki kibazo bakizi kandi ko ku bufatanye n’izindi nzego hari icyo barimo gukora mu rwego rwo kugishakira igisubizo.

Ni ikibazo kandi abagize Inteko Ishinga Amategeko basabye guverinoma kugishakira igisubizo ku buryo hajyaho n’ibihano mu gihe bibaye ngombwa, ku barenga ku mabwiriza yo gutwara abantu nk’uko biba ku modoka zitwara abagenzi mu Ntara.

Iki kibazo kiravugwa nyamara Leta y’u Rwanda yarakoze ibishoboka byose mu kongera imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, mu rwego rwo gusubiza ibyifuzo by’abaturage bari bamaranye igihe ku kibazo cy’ingendo mu Mujyi wa Kigali zagoranaga ku bw’imodoka zari nkeya.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente avuga ko iki kibazo cyahagurukiwe n’inzego zitandukanye ku buryo hari bisi zimwe zamaze kugera mu Rwanda zitangira no gutwara abagenzi, mu gihe izindi nazo zikiri mu nzira.

Bisi nini ntigomba kurenza abagenzi 70, ni ukuvuga 40 bicaye na 30 bahagaze.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago