RWANDA

Perezida Kagame yahaye impano ya mudasobwa abanyeshuri bitabiriye amarushanwa yo guhanga robots

Perezida Kagame yahaye impano ya mudasobwa abanyeshuri bose bageze ku cyiciro cya nyuma  cy’amarushanwa mu guhanga udushya (robots) no gukoresha ubwenge buremano, (Artificial Intelligence).

Advertisements

Ibi yabivugiye mu gikorwa cyo guhemba ibigo by’amashuri byahize ibindi mu marushanwa yo guhanga udushya robots no gukoresha ubwenge buremano cyabereye muri Intare Arena.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye isozwa ry’amarushanwa yo guhemba ibigo byitwaye neza mu gukora robotos no kwifashisha ubwenge buremano ‘Artificial Intelligence’ azwi nka ‘First Lego League & AI Hackathon’.

Perezida Kagame yashimishijwe no kubona ibyo abanyeshuri bakoze, avuga ko ari iby’agaciro ku gihugu n’Isi yose.

Ati “Robots na AI [ubwenge buremano] ni uburyo bwiza bwo kwiga ibirimo siyansi, ikoranabuhanga no gukorera hamwe.’’

Perezida Kagame yahise atanga impano ya mudasobwa ku banyeshuri bose bageze ku cyiciro cya nyuma cy’amarushanwa mu guhanga robots no gukoresha ubwenge buremano

Ati “Ndashaka guha mudasobwa kuri buri wese mu bitabiriye aya marushanwa. Mfite amafaranga mu mufuka wanjye aka kanya.”

Aha yahise asaba Minisitiri w’Uburezi Gatete na Minisitiri w’Ikoranabuhanga na innovation Ingabire Paula gukurikirana itangwa ry’impano za mudasobwa yemereye aba banyeshuri baje baturutse mu bihugu bitandukanye ku mugabane no mu Rwanda.

Mu ijambo rya Minisitiri w’Uburezi Gatete Twagirayezu, yavuze ko aya marushanwa yateguwe mu gufasha abanyeshuri guhanga udushya.

Ati “Robots na AI ni ikoranabuhanga rishya. Turashaka ko abanyeshuri bacu biyumvamo icyizere ku buryo byaryifashisha mu gukemura ibibazo bihari.’’

Ni ibihembo by’itabiriwe n’ibihugu bigo bigera ku 100 birimo ibyo mu Rwanda, Botswana na Uganda.

Aho Christ Roi ariyo yegukanye Irushanwa ryo ku rwego rw’Igihugu mu bigo bihiga ibindi mu gukora robots.

Federal Government College of Nigeria yegukanye irushanwa ry’ibigo bihiga ibindi mu gukora robots ku rwego mpuzamahanga.

Ecole Secondaire de Kayonza ni yo yegukanye igihembo cy’ikigo cyagaragaje umwihariko mu gukoresha ubwenge buremano, Artificial Intelligence.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago