IMYIDAGADURO

Bruce Melodie yakeje Shaggy wamubereye ikiraro cyo kugera muri Amerika

Ubwo Bruce Melodie yaririmbaga mu kiganiro ‘Good Morning America’ kiri mu biyoboye muri Amerika, uyu muhanzi ntiyaripfanye kuvuga ko anezerewe kandi ko ibyishimo afite abikesha icyamamare mu njyana ya Reggae-Dancehall Shaggy wamubereye ikiraro cyo kugera kubutaka bwa Amerika.

Advertisements

Uyu muhanzi wavukiye i Kanombe yakoze amateka yo kuba umuhanzi wa mbere wo mu Rwanda uririmbiye mu kiganiro cya Good Morning America gitambuka kuri television ya ABC News kiba mu gitondo.

Bruce Melodie yakoze amateka yo kuririmbira mu kiganiro ‘Good Morning America’ kiri mu biyoboye muri Amerika

Bruce Melodie na Shaggy bataramiye abitabiriye icyo kiganiro mu ndirimbo yabo bombi bahuriyemo ikomeje gukorera amateka uyu muhanzi w’i Kigali ‘When she’s Around’ (Funga Macho Remix).

Bruce Melodie yagize ati “Ni iby’agaciro kuba ndi hano nturuka i Kigali mu Rwanda, navuga ko Shaggy yambereye umugisha kandi aracyahesha umugisha umuziki wanjye”.

Indirimbo “When she’s Around” yahuje Bruce Melodie na Shaggy ukomoka muri Jamaica, yashibutse kuri “Funga Macho” basubiyemo nyuma y’uko Shaggy ayikunze bikomeye binyuze mu nshuti ze.

Bruce yakeje Shaggy washimangiye ko yamubereye ikiraro cyo kugera kure

Bruce Melodie ukomeje kwagura ibikorwa bye bya muzika, vuba aha yabaye umuhanzi wa mbere ukorera umuziki we mu Rwanda wujuje miliyoni imwe y’abantu bamukurikira ku rubuga rwa Instagram.

Orville Richard Burrell wamenyekanye nka Shaggy ari mu bahanzi bamaze igihe kinini mu muziki kandi bakunzwe cyane mu ndirimbo nka ‘It wasn’t me’ yabiciye bigacika mu bihugu bitandukanye ku Isi.

Anazwi cyane mu ndirimbo zirimo nka ‘Bombastic’, ‘In the Summertime’, ‘Oh Carolina’, ‘Angel’ n’izindi.

Abakorere muri ABC News bafashe agafoto n’icyamamare Bruce Melodie

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago