Kagame yakiriye abayobozi batandukanye mu mukino w’intoki barimo naba Basketball Africa League (BAL).
Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye abayobozi barimo Amadou Gallo Fall, Perezida wa BAL, ndetse na Clare Akamanzi Umuyobozi Mukuru wa NBA Africa, ikigo cya Shampiyona ya Amerika muri Basketball bari mu Rwanda.
Abandi bayobozi barimo Minisitiri wa Siporo mu Rwanda Aurore Mimosa Munyangaju n’Umuyobozi wa RDB Francis Gatare.
Amakuru avuga ko ibiganiro by’aba bayobozi n’Umukuru w’igihugu byagarutse ku bufatanye n’imyiteguro y’itegurwa ry’irushanwa Nyafurika ry’umukino wa Basketball (BAL) iteganyijwe mu kwezi kwa Gicurasi muri uyu mwaka i Kigali.
Irushanwa Nyafurika ry’umukino wa Basketball (BAL) risanzwe ryitabirwa n’amakipe yabaye aya mbere muri shampiyona y’ibihugu byayo.
Ni irushanwa risanzwe riterwa inkunga n’u Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…