INKURU ZIDASANZWE

Umukunzi wa Aryna Sabalenka uri mu bakomeye bakina Tennis yapfuye yiyahuye

Umukunzi wa Aryna Sabalenka, nimero ya kabiri ku isi muri Tennis mu bagore, witwa Konstantin Koltsov nawe wahoze akina imikino ya Hockey, NHL, yapfuye ku wa mbere yiyahuye.

Advertisements

Amakuru avuga ko uyu mugabo w’imyaka 42 ngo yasimbutse ku ibaraza rya St. Regis Bal Harbour Resort, hoteli y’inyenyeri eshanu, yikubita hasi arapfa.

Polisi ya Miami yemeje ko uyu yapfuye azize kwiyahura ahagana saa 12:39 zo kuri uyu wa 18 Werurwe.

Iyi polisi ivuga ko yahamagawe ihita itangira iperereza ndetse ngo nta kosa rindi ryakozwe ku buryo byakekwa ko ari ubwicanyi.

Urupfu rwa Koltsov rwemejwe n’ikipe yo mu Burusiya Salavat Yulaev, aho yari umutoza wungirije.

Mu magambo yayo, Salavat Yulaev yagize iti “N’akababaro gakomeye turabamenyesha ko umutoza wa Salavat Yulaev, Konstantin Koltsov yapfuye.

Yari umuntu ukomeye kandi wishimye, yakundwaga kandi akubahwa n’abakinnyi, abo bakorana, ndetse n’abafana. Konstantin Koltso iteka azahora yanditse mu mateka y’ikipe yacu. Aruhukire mu mahoro. ”

Uyu mugabo byavuzwe ko yatangiye gukundana na Aryna muri Kamena 2021 ndetse apfuye bamaranye imyaka 3.

Hari amakuru avuga ko uyu mukobwa w’imyaka 25 ashobora kubirenga we akaza gukina mu irushanwa rya Miami Open muri iki cyumweru cyane ko kuri uyu wa kabiri yakoze imyitozo.

Aryna ntarabasha kuganira n’itangazamakuru ngo yemeze niba azakina iri rushanwa aho gahunda yemeza ko azakina kuwa Gatanu nihatagira igihinduka.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago