MU MAHANGA

M23 yakomereje imirwano na FARDC i Kibumba

Amakuru aravuga mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 23 Werurwe 2024, imirwano ikomeye yakomereje mu bice bya Kibumba hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).

Advertisements

Abari ku rugamba baravuga ko iyi mirwano yabereye muri Teritwari ya Nyiragongo, mu Burasirazuba bwa RD Congo.

Iyi mirwano kandi yanemejwe na Lawrence Kanyuka usanzwe ari umuvugizi mu bya politiki umutwe wa M23, aho yanemeje ko iyo mirwano yagaragayemo ingabo za Loni ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Congo (MONUSCO).

M23 kandi yamaganye ibikorwa by’ingabo za leta zahisemo kugaba ibitero mu duce dusanzwe dutuwe n’abaturage benshi, gusa ivuga ko abarwanyi bayo bari gukora uko bashoboye mu rwego rwo kurinda abasivile muri rusange.

Imirwano y’i Kibumba yiyongereye ku yaramukiye mu duce twinshi duherereye muri Teritwari ya Masisi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago