IMIKINO

Amavubi yongeye gushimisha Abanyarwanda itsinda Madagascar yari mu rugo mu mukino wa gicuti-AMAFOTO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Amavubi) yatsinze ikipe y’igihugu ya Madagascar mu mukino wa gicuti.

Advertisements

Madagascar yari mu rugo yatunguwe no gutsindwa n’ikipe y’u Rwanda muri sitade Barea Mahamasina yaririmo abafana bayo, aho ku munota wa 27 w’umukino gusa yaritsinzwe icya mbere mu mupira mwiza waturutse kuri myugariro Emmanuel Mangwende ugasanga Mugisha Gilbert ahagaze neza nawe agaca murihumye ba myugariro ba Madagascar agatsinda igitego cya mbere cy’ikipe ya Amavubi.

Mugisha Gilbert yaboneye igitego cya mbere ikipe y’igihugu yahuye na Madagascar

U Rwanda wabonaga ko rudashaka gukora ikosa ryo kwinjizwa igitego, yakomeje kugarira kugeza ubwo igice cya mbere cyarangiye bayoboye n’igitego 1-0 bwa Madagascar.

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yagarutse mu kibuga igerageza guhahana neza mu kibuga ishaka ikindi gitego ariko yirinda ko yakwinjizwa, ku munota wa 80’ rutahizamu Biramahire Abeddy wari winjiye mu kibuga yabaye nk’uhindura ibintu kugeza ubwo ku munota wa 90’ w’umukino yagaruye umupira hagati mu kibuga ugasanga Bizimana Djihad aturira ishoti rikomeye umunyezamu wa Madagascar ntiyamenya uko umupira wamunyuzeho, umukino urangira ikipe y’igihugu Amavubi yegukanye intsinzi n’ibitego 2-0.

Djihad waruyoboye bagenzi be mu kibuga yagoye abakinnyi ba Madagascar

Amavubi yateguye imikino ibiri ya gicuti muri Madagascar mu rwego rwo gukomeza gutyaza ikipe mu kwitegura amarushanwa ari imbere harimo nayo gukomeza gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 mu kwezi kwa Kamena.

U Rwanda rukaba ruyoboye itsinda C ririmo Nigeria, Afurika y’Epfo, Benin, Zimbabwe na Lesotho.

Hari kandi amarushanwa yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cy’umwaka utaha 2025 mbere yuko umwaka urangira.

Umukino wa mbere wa gicuti Amavubi yakiniye muri Madagascar, ihura na Botswana byarangiye inganyije 0-0.

Umutoza w’Amavubi Torsten Frank Spittler yari yahisemo gukinisha abakinnyi 11 aribo:

Umunyezamu: Wenssens Maxime Kali Nathan

Myugariro: Imanishimwe Emmanuel, Manzi Thierry, Mutsinzi Ange, Omborenga Fitina

Abakina hagati: Bizimana Djihad, Rubanguka Steve, Muhire Kevin

Abasatira izamu: Mugisha Gilbert, Nshuti Innocent, Sahabo Hakim.

Umukino warimo ishyaka rikomeye ku mpande zombi
Ba myugariro b’u Rwanda bahagaze neza mu kibuga
Umunyezamu Wenssens Maxime wari wagiriwe icyizere n’umutoza mukuru ntiyakoze ikosa

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago