MU MAHANGA

RDC: Urukiko rwatangiye kuburanisha Abasirikare 2 bashatse kurya umushahara w’abagenzi babo

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare i Goma rwatangiye urubanza ruregwamo abasirikare babiri bashinjwa kwiba amafaranga yari agenewe guhemba abasirikare.

Advertisements

Aba basirikare babiri ni abo mu region [akarere] ya 34 ya gisirikare.

Uru rukiko kandi ruri gusuzuma ibyo kuba abo basirikare barashatse guha ruswa komisiyo y’ubugenzuzi bukuru bw’imari (IGF).

Aba bofisiye ni Gabriel Kasongo ushinzwe imishahara y’abasirikare bari mu kiruhuko na Jerry Ngoy Katengo ushinzwe ibarura ry’abasirikare.

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa mbere tariki 25 Werurwe 2024, Urukiko Rukuru rwatinze ku nkingi bise “Utundi turere”, imwe mu nkingi ziboneka mu nyandiko z’umukozi ushinzwe kwishyura imishahara mu karere ka 34.

Mu bibazo byabajijwe abaregwa, Urukiko Rukuru kimwe n’urwego rw’ubushinjacyaha bifuzaga ko uko byagenda kose basobanukirwa n’iriya nkingi yari muri ziriya nyandiko.

Iki gice ntikibaho mu tundi turere twa gisirikare. Umushinjacyaha avuga ko abayitangije ari bo bagaragaza irengero ry’amafaranga yanyerejwe.

Mu kwiregura kwe, ushinjwa Ngoy Katengo yavuze ko yasanze iki gice cyaramaze gukorera mu karere ka 34 ka gisirikare.

Ku bwe, iki gice giteye ikibazo kirimo abasirikare boherejwe hanze y’akarere ka 34 ka gisirikare.

Muri iri perereza, Urukiko Rukuru rwagaragaje kandi ibintu bidasanzwe byagaragaye ku rutonde rw’abahawe imishahara, aho imikono y’abahembwe isa.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago