RWANDA

Venant Rutunga ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Venant Rutunga ukurikiranyweho ibyaha bya jenoside yasabiwe n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda gufungwa burundu.

Advertisements

Aregwa ko yagiye kuzana abajandarume kuri Perefegitura ya Butare bakica Abatutsi bari bahungiye mu kigo cya ISAR Rubona yari akuriye.

Ubushinjacyaha bwasabye abacamanza kuzamuhamya ibyaha bya jenoside, ubufatanyacyaha mu cyaha cya jenoside no kurimbura imbaga.

Uyu mugabo wahoze ayobora ikigo cy’ubushakashatsi mu buhinzi n’ubworozi ISAR Rubona mbere no mu gihe cya jenoside yabwiye urukiko rukuru mu Rwanda ko aramutse ahamijwe ibyaha bya jenoside yaba arenganye.

Avuga ko yazanye abajandarume mu bihe bidasanzwe ngo barinde umutekano bagakora ikinyuranyo.

Rutunga yabwiye urukiko akiburana bwa mbere ko ibyo byaha byamwitiriwe kubera umwanya ukomeye w’ikigo cya ISAR yari arimo, avuga ko nta mabwiriza ayo ari yo yose cyangwa amategeko yigeze atanga we ubwe cyangwa se undi muyobozi uwo ari we wese muri ISAR, yo kwica abatutsi.

Muri ibyo byaha byose aregwamo ibikorwa bitandukanye birimo: iyicwa rya bamwe mu bakozi ba ISAR n’iyicwa ry’impunzi z’abatutsi zari zahungiye hafi y’icyo kigo.

Ibindi bikorwa aregwa ni ugutanga ibikoresho gakondo byifashishijwe mu kwica abatutsi, gusaba no kuzana abajandarume n’abasirikare bakoze ubwicanyi muri ISAR no guhemba Interahamwe zakoze ubwo bwicanyi.

Rutunga yahoze aba mu gihugu cy’Ubuholandi. Icyo gihugu cyamwohereje kuburana aho bikekwa ko yakoreye ibyaha.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago