Inkuru y’incamugongo yemenyekanye kuri iki gicamunsi ko uwari mutoza wa APR Fc ushinzwe kongerera Abakinnyi Imbaraga Dr Adel Zirane yitabye Imana aguye iwe murugo.
Urupfu rwa Adel Zirane rwaje rutunguranye kuko n’Ubuyobozi bw’ikipe ya APR Fc bwavuze ko butaramenya intandaro y’urwo rupfu.
Uyu munya-Tunisia yageze mu Rwanda kuwa 23 Nyakanga 2023, aho yari yaje mu kazi k’ubutoza mu ikipe y’ingabo APR Fc.
Dr Adel Zrane w’imyaka 39, yagiye kuri izo nshingano z’Umutoza Wungirije wa APR FC ushinzwe kongerera ingufu abakinnyi [Physical Fitness Coach] aho yarasimbuye mwene wabo Jamel Eddine Neffati.
Nyakwigendera yakoranaga n’Umutoza mukuru Thierry Froger n’Umwungiriza we Khuda Karim.
Mu butumwa bwanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga z’ikipe ya APR FC bagize bati “N’akababaro Kenshi, Ubuyobozi Bwa APR FC Buratangaza ko Umutoza Wayo Wari Ushinzwe Kongerera Abakinnyi Imbaraga Dr Adel Zirane Yitabye Imana.”
Bongeyeho ko “Impamvu Z’urwo rupfu rwe zitaramenyeka.”
Ubuyobozi bw’ikipe kandi bwahise bwihanganisha umuryango wa Nyakwigendera ndetse n’abakunzi ba APR FC, bamwifuriza kugira iruhuko ridashira.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…