IMIKINO

Umutoza wa APR Fc wari Ushinzwe Kongerera Abakinnyi Imbaraga Dr Adel Zirane yitabye Imana

Inkuru y’incamugongo yemenyekanye kuri iki gicamunsi ko uwari mutoza wa APR Fc ushinzwe kongerera Abakinnyi Imbaraga Dr Adel Zirane yitabye Imana aguye iwe murugo.

Urupfu rwa Adel Zirane rwaje rutunguranye kuko n’Ubuyobozi bw’ikipe ya APR Fc bwavuze ko butaramenya intandaro y’urwo rupfu.

Uyu munya-Tunisia yageze mu Rwanda kuwa 23 Nyakanga 2023, aho yari yaje mu kazi k’ubutoza mu ikipe y’ingabo APR Fc.

Dr Adel Zrane w’imyaka 39, yagiye kuri izo nshingano z’Umutoza Wungirije wa APR FC ushinzwe kongerera ingufu abakinnyi [Physical Fitness Coach] aho yarasimbuye mwene wabo Jamel Eddine Neffati.

Dr Adel Zrane yitabye Imana

Nyakwigendera yakoranaga n’Umutoza mukuru Thierry Froger n’Umwungiriza we Khuda Karim.

Mu butumwa bwanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga z’ikipe ya APR FC bagize bati “N’akababaro Kenshi, Ubuyobozi Bwa APR FC Buratangaza ko Umutoza Wayo Wari Ushinzwe Kongerera Abakinnyi Imbaraga Dr Adel Zirane Yitabye Imana.”

Bongeyeho ko “Impamvu Z’urwo rupfu rwe zitaramenyeka.”

Ubuyobozi bw’ikipe kandi bwahise bwihanganisha umuryango wa Nyakwigendera ndetse n’abakunzi ba APR FC, bamwifuriza kugira iruhuko ridashira.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

21 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago