IMYIDAGADURO

Davido yatunguranye avuga ko atazi igihugu cya Sudan y’Epfo

Umuhanzi w’icyamamare Davido ukomoka mu gihugu cya Nigeria akomeje kuba igitaramo ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko avuze ko atazi igihugu cya Sudan y’Epfo.

David Adedeji Adeleke OON uzwi nka Davido mu muziki ibi yabivuze ubwo yari mu gihugu cya Uganda aho aherutse gukorera igitaramo cy’amateka.

Mu kiganiro yagiriye kuri television ya NBS Uganda Davido yabajijwe n’umunyamakuru ko nimba hari umuhanzi yaba azi wo mu gihugu cya Sudan y’Epfo.

Uyu muhanzi yatunguye abakurikiranaga ikiganiro ahubwo ariwe ubaza umunyamakuru nimba icyo gihugu kibaho.

Aho yahise amubaza ati “Ese burya habaho igihugu cya Sudan y’Epfo, uwo munyamakuru nawe ahita amusubiza ati “yego Sudan y’Epfo ni igihugu.” 

Davido ntabwo yarazi igihugu cya Sudan y’Epfo

Davido we yahise amusubiza ko azi igihugu cya Sudan gusa.

Akomeza abaza ati “Ubwo bivuze ko habaho Sudan y’Epfo, Sudan y’Amajyaruguru, Sudan y’Uburengerezuba, Sudan y’Uburasirazuba?”

Uwo munyamakuru yahise asubiza Davido ko hari Sudan y’Epfo na Sudan gusa.

Sudan y’Epfo ni igihugu cyabayeho mu mwaka 2015, kiza kubona ubwigenge tariki 9 Nyakanga 2011, kikaba gituwe n’abaturage barenga miliyoni 11.

Davido atunguranye avuga ko atazi igihugu cya Sudan y’Epfo mugihe nyamara iki gihugu gisanzwe gifite abanyamuziki barenga 50 bafite amazina akomeye.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago