MU MAHANGA

Taiwan: Habaye umutingito udasanzwe waguyemo abantu abandi benshi bagakomereka

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 03 Mata, umutingito udasanzwe wibasiye igihugu cya Taiwan, aho bimaze kumenyekana ko wahitanye abantu bane, naho abasaga 711 bakomeretse mu gihe inyubako nini zirenga 26 zimaze guhirima.

Ni umutingito ukomeye ubayeho muri icyo gihugu mu myaka 25 ishize, kuko uri ku gipimo cya Magnitude 7,2.

Guverinoma ya Taiwan yavuze ko abantu bane bapfiriye mu gace k’imisozi miremire, gatuwe cyane mu burasirazuba bwa Hualien hafi y’aho umutangito watangiriye, 711 barakomereka.

Ishami rishinzwe kuzimya umuriro ryavuze ko abantu 77 bakiri munsi y’inyubako zasenyutse muri Hualien.

Televiziyo zo muri Tayiwani zerekanye amashusho y’inyubako zaguye biteye ubwoba muri Hualien, aho uyu mutingito wibasiye cyane, ahagana saa mbiri za mu gitondo (00:00GMT) ubwo abantu bari bagiye ku kazi no ku ishuri.

Video zerekana abatabazi bakoresha urwego kugira ngo bafashe abantu kugera hanze banyuze mu madirishya.

Ibiro bya perezida byavuze ko perezida watowe,Lai Ching-te, uzatangira imirimo mu kwezi gutaha, arasura Hualien kuri uyu wa gatatu.

Iki gihugu n’ibituranyi byacyo birimo u Buyapani na Philippines, byari biherutse kuburirwa ko bishobora kuzibasirwa na Tsunami.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

15 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago