RWANDA

Inzibutso 4 za Jenoside z’u Rwanda zahawe icyemezo cyemeza ko zashyizwe ku murage w’Isi

Guverinoma y’u Rwanda, imaze gushyikirizwa icyemezo gihamya ko Inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi zirimo urwa Kigali, Nyamata, Bisesero n’urwa Murambi zashyizwe mu Murage w’Isi wa UNESCO.

Ni icyemezo yashyikirijwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco [UNESCO], Audrey Azoulay.

Kuwa 20 Nzeri 2023 nibwo izi nzibutso 4 za Jenoside yakorewe Abatutsi zashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO.

Abasesengura amateka ya Jenoside bemeza ko kuba hari inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi zanditswe na UNESCO mu murage w’Isi, byashimangiye uburemere n’agaciro amahanga aha Abatutsi basaga Miliyoni bishwe mu gihe cya Jenoside bazira ubwoko bwabo.

Uyu mushinga wo kwemeza inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda wemerejwe mu murwa mukuru wa Arabia Soudite, Riyadhi.

Ni umushinga wari umaze imyaka 15 utanzwe na leta y’u Rwanda ngo izi nzibutso zandikwe na UNESCO mu murage w’Isi.

Zimwe mu mpamvu Leta y’u Rwanda yashingiyeho mu gutanga iki gitekerezo, ni ukugaragariza isi itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa umugambi wa Jenoside ndetse no guhangana n’abayipfobya bari hirya no hino ku isi.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene yashimiye ibihugu byose byashyigikiye uyu mugambi ndetse anabagezaho umusaruro bizatanga.

Bamwe mu batsindagiye iki gitekerezo ni Kagosi Mwamulowe inzobere mu bijyanye n’umurage mu gihugu cya Zambia, wemeje ko kwandika izi nzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu murage w’Isi bizafasha Afurika n’amahanga gukumirira kure ikibi cyose cyakwibasira umuntu.

Perezida w’Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside, IBUKA Dr Philbert Gakwenzire akaba n’umwe mu itsinda ryatangije uyu mushinga, avuga ko ari intsinzi ikomeye ku banyarwanda mu rwego rwo kubungabunga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

14 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago